Andi Makuru

Ntabwo nagira umuntu perezida ntibibaho. Perezida Kagame kubavuga ko ategurira umukobwa we ubuperezida

Perezida Paul Kagame yateye utwatsi ibivugwa ko yaba ari gutegurira umukobwa we Ingabire Ange Kagame kuzamusimbura ku butegetsi, agaragaza ko abana be ari Abanyarwanda nk’abandi.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo, mu ijambo yavugiye mu gitaramo cy’ihuriro Unity Club Intwararumuri.

Ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo izikoreshwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda hamaze igihe hanyuzwa inkuru z’uko Perezida Paul Kagame yaba ari gutegurira Ange Kagame kuzamusimbura ku butegetsi.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ibivugwa ari Politiki ikwiye kujya muri ‘pubelle’.

Ati: “Ati “Ejo bundi nabonye ibintu by’imbuga nkoranyambaga mbona abantu bavuga ko njyewe ntegura umukobwa wanjye kuzayobora igihugu, ariko njyewe uwanteguye ni nde? Mbanze mbabaze, njyewe uwanteguye ni inde? ntabwo nateguwe na data, ni mwebwe. Kwanza mpora mbabwira mwageze aho mukansezerera nkabaho uko nshaka, nabaho neza nkabaho neza, byaba bibi nkazabyishyura.”

Perezida Kagame yavuze ko acyumva ibyo bintu yabifashe nk’ibyoroshye, gusa afata icyemezo cyo kuzagira icyo abivugaho ari mu bantu.

Yunzemo ati: “Ari njye, ari umuryango wanjye, ari abana banjye, ni Abanyarwanda nk’abandi. Bazabeho uko Abanyarwanda babayeho, babeho uko babaho mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Perezida Kagame yagaragaje ko adashobora kugira umuntu Perezida, ndetse yemeza ko n’uwo mukobwa bavuga ko ari gutegurira kuzaba Perezida, bishoboka ko yaba atanabishaka.

Ati: “Ntabwo nagira umuntu perezida ntibibaho wenda na we ntanabishaka. Ni politiki yabo ikwiye kujya muri pubelle gusa.”

Newsroom

Inkuru bijyanye

Back to top button