Andi Makuru

Amasezerano 10 y’ubufatanye yasinwe hagati ya Kenya n’u Rwanda

U Rwanda na Kenya byasinyanye amasezerano 10 agamije ubufatanye mu ngeri zirimo uburezi, ikoranabuhanga, ubuhinzi n’izindi, aho ibihugu byombi biyitezemo ko azarushaho guteza imbere abaturage babyo.

Ni amasezerano yasinywe mu ruzinduko Perezida William Ruto wa Kenya yagiriye mu Rwanda, rwa mbere kuva yatorerwa kuyobora igihugu cye mu mwaka ushize.

Amasezerano yasinywe ari mu ngeri zirimo ubufatanye mu bijyanye n’amagororero, ajyanye n’amahugurwa mu bya dipolomasi, ajyanye n’ikoranabuhanga, ajyanye n’ubuzima, ajyanye n’urubyiruko n’ayo guteza imbere amakoperative.

Yasinywe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, uw’u Rwanda Dr Vincent Biruta n’uwa Kenya, Dr Alfred Nganga Mutua.

Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Dr Uwamariya Valentine na mugenzi we wa Kenya, Ezekiel Machogu Ombaki basinyanye amasezerano y’imikoranire mu burezi mu gihe Minisitiri w’Ubuhinzi, Dr Ildephonse Musafili hamwe na mugenzi we wa Kenya, Franklin Mithika Linturi, basinye amasezerano mu bijyanye n’ubuhinzi.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge na mugenzi we wa Kenya, Aisha Jumwa Karisa Katana, basinye ajyanye no guteza imbere uburinganire.

Perezida Kagame yavuze ko mu myaka myinshi ishize, u Rwanda na Kenya byubatse umubano ukomeye, ndetse uruzinduko rw’uyu munsi, rushimangira ubwo bushuti.

Ati “Tumaze gukurikira isinywa ry’amasezerano mu ngeri z’ingenzi nk’ikoranabuhanga, ubuzima, uburezi, urubyiruko n’ubuhinzi. Izi ngeri nshya z’ubufatanye zizatuma turushaho gukorana. Twishimiye ko u Rwanda ari mu rugo ku muryango mugari w’abanyakenya. Dushima umusanzu wabo ku iterambere ryacu.”

Perezida Kagame yavuze ko yizeye ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi, bushobora gutuma urubyiruko rubasha kunguka ubumenyi, rugahanga ibishya kandi rukabasha guhatana ku isoko.

Perezida Ruto yashimye mugenzi we w’u Rwanda wamutumiye ngo asure u Rwanda, avuga ko bagiranye ibiganiro birenga ibihugu byombi, akarere ahubwo biri mu nyungu z’umugabane muri rusange.

Ruto yavuze ko amasezerano yasinywe azatuma ibihugu byombi bisangira ubunararibonye, ku buryo nko mu bijyanye n’ikoranabuhanga hashobora kubakwa irishobora gutuma hatangwa inguzanyo n’ibindi.

Yatanze urugero ku masezerano mu bijyanye n’ubuzima, avuga ko akubiyemo ubufatanye hagati y’ibitaro bikuru byo mu Rwanda n’ibyo muri Kenya.

Ati “Hazabaho ubufatanye hagati y’ibitaro byacu bibiri by’icyitegererezo. Ibitaro binini by’icyitegererezo mu Rwanda hamwe n’ibyo muri Kenya, ku buryo habaho guhanahana ubunararibonye, ubushobozi aho biri ngombwa.”

Perezida Kagame yavuze ko hari izindi ngeri nyinshi ibihugu byombi bizakomeza gufatanyamo, bihanahana ubunararibonye.

Yaboneyeho gushimira Abanya-Kenya baba mu Rwanda ku bw’umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu. Ati “Twishimiye ko bari hano, hari ibintu byinshi bari gukora, kandi ibyo bakora ku giti cyabo ni ingirakamaro ku Rwanda n’Abanyarwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo ari Abarimu, urwego igihugu gifitemo ubushobozi buke yaba mu mubare no mu byo abarukoraho batanga nk’umusaruro. Yashimye abakora mu nzego z’ubuzima n’iz’ubukerarugendo.

Ati “Bazibye icyuho mu nzego zacu, kubera aho twavuye…bamaze igihe hano, batangiye kuza hano mu myaka ya 2000 cyangwa se mbere yaho gato, icyo gihe nta bushobozi twari dufite mu nzego izo arizo zose, rero Abanya-Kenya cyane cyane n’abandi baturage bo muri EAC, baje hano gukora ibyo bazi, babyungukiramo natwe tubyungukiramo. Ni byo rero bikubiye muri aya masezerano n’umubano uri hagati y’ibihugu byombi.”

Kenya ifite ishoramari ryinshi mu Rwanda mu ngeri zitandukanye. Nko mu burezi, ifite Kaminuza ya Mount Kenya, mu itangazamakuru hari ibigo bikomeye nk’ibinyamakuru nka Rwanda Today, The East African, Royal FM na Kiss FM.

Mu rwego rw’amabanki, Banki y’Abaturage isigaye iri mu maboko y’Abanyakenya nyuma yo kugurwa na KCB, hari kandi na Equity Bank, GT Bank, I&M Bank n’izindi.

Hari ibindi bigo nka Britam bitanga serivisi z’ubwishingizi ndetse mbere y’uko UAP igurwa na Old Mutual nayo yari ishoramari ry’Abanyakenya mu Rwanda.

Mu bigo by’ubukerarugendo hari Serena Hotel n’ibindi.

Igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 11

  1. TokenTerminal explorer dashboard: Displays real-time KPIs like total bridged TVL, bridge fees, and volume trends on Mantle, enabling financial health monitoring through revenue and activity charts

  2. Dune – “Paraswap” dashboard: Monitors swap volumes, transaction counts, and gas usage trends across chains—perfect for spotting usage spikes or slippage patterns

  3. Uniswap V3’s concentrated liquidity model is a game-changer. Allowing LPs to specify custom price ranges not only boosts capital efficiency by up to 4000×, but also gives traders deeper liquidity where it matters most. Extremely impressive upgrade!

  4. The last player standing wins the prize, cash games real money from simple pick-and-win games to more complex mini-games with multiple levels. You can only play Blocks at tombola an online bingo site that comes highly recommended by the WhichBingo team, immersive sound effects. Zakład split oferuje wypłatę 17 do 1, gdzie będzie można uzyskać soczyste Starburst slot darmowe spiny albo bez wymaganego depozytu lub setki darmowych spinów po dokonaniu małego depozytu. Rainbow Riches można znaleźć w wielu najpopularniejszych kasynach online, gdy mini-gra zostanie uruchomiona. Zarejestruj się już dziś w naszym kasynie online i odbierz bonus powitalny, który zwiększy Twoje szanse na wygraną. Nie jesteś przytłoczony wyskakującymi okienkami, istnieje wiele zasobów online.
    https://gattcom.com/uncategorized/bizzo-casino-czy-to-legitna-platforma-dla-graczy-z-polski_1752669547/
    Most job internet sites are absolutely fee for job seekers, but some need paid subscriptions. Оптимизация мета-тегов (title, description, google search?q=%22shopdaddy-studio%22 keywords). buy prescription drugs online legally: canada pharmacy online – discount prescription drugs Оптимизация мета-тегов (title, description, google search?q=%22shopdaddy-studio%22 keywords). Most job internet sites are absolutely fee for job seekers, but some need paid subscriptions. prescription meds without the prescriptions: canadian pharmi – prescription drugs online without because of that pragmatic play made this slot very dynamic, sugar rush slots demo excellent suitable for supporters with a bankroll that will be enough for long sessions.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button