Andi Makuru

U Rwanda rwanenze Urukiko rw’i Londres rwavuze ko ari ahantu hadatekanye

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko umwanzuro w’urukiko rw’Ubujurire rw’i Londres mu Bwongereza ku bimukira, ureba urwego rw’ubutabera bw’u Bwongereza, bityo ko bitumvikana uburyo urukiko ruvuga ko u Rwanda atari igihugu gitekanye ku bimukira n’abashaka ubuhungiro.

Ni nyuma y’umwanzuro w’Urwo rukiko rwanzuye ko gahunda ya Guverinoma y’icyo gihugu yo kohereza mu Rwanda abimukira binjiye rwihishwa, inyuranyije n’amategeko.

Ubwo yasomaga iki cyemezo, Umucamanza Ian Burnett, yavuze ko na we atemera ko abimukira bazaba bafite ibyago byo kuvanwa mu Rwanda bajya mu bihugu byabo, ariko ngo “si igihugu gitekanye aba bimukira bacumbikirwamo mu gihe ubusabe bwabo bugisuzumwa.”

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yanenze ibyatangajwe n’uru rukiko, ashimangira ko u Rwanda ari igihugu kiri mu bitekanye ku Isi n’intangarugero mu kwita ku mpunzi.

Ati “U Rwanda ni kimwe mu bihugu bitekanye ku Isi kandi rwemewe na HCR n’indi miryango mpuzamahanga kuba intangarugero mu kwita ku mpunzi. Twateye intambwe ifatika mu guhangana n’ibibazo bitera ubwiyongere bukabije bw’abimukira.”

Makolo yavuze ko u Rwanda ruzi uburemere bwo kuba umuntu yahunga akava mu gihugu cye no kuba yajya gutangira ubuzima ahandi.

Ati “Nka Sosiyete, nka Guverinoma, twubatse ahantu hatekanye, hakwiye, hiyubashye hatuma abimukira n’impunzi bagira uburenganzira bumwe n’amahirwe nk’Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Buri wese wimukiye hano binyuze muri ubu bufatanye, azabwungukiramo”.

Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukora ibyo rusabwa kugira ngo ubu bufatanye bugerweho, kugira ngo buce burundu icuruzwa ry’abantu rikorwa hitwaje ko ari abimukira.

Ati “Ubwo abimukira bazaba baje [bageze mu Rwanda], tuzabakira tubahe ubufasha bakeneye kugira ngo batangire ubuzima bushya mu Rwanda.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’urukiko rw’ubujurire, bivuze ko inzira isigaye ari ukwitabaza Urukiko rw’Ikirenga.

Ni icyemezo kitaza kugwa neza ubuyobozi bw’u Bwongereza, bwifuzaga umuti urambye ku kibazo cy’abimukira bakomeza kwisuka mu gihugu mu buryo butemewe, bakoresheje ubwato butoya.

Mu 2022 nibwo u Rwanda n’u Bwongereza byasinye amasezerano, azatuma u Rwanda rwakira abimukira bageze mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko.

Mu gihe bageze mu Rwanda, bazajya bahabwa ibyangombwa by’ibanze, abashaka kuhaba bafashwe gutangira ubuzima, abashaka ibindi bihugu bibakira babihashakire ndetse n’abashaka gusubizwa iwabo bafashwe.

U Bwongereza buvuga ko bizaca intege abakomeje kwishyira mu kaga bakinjira muri icyo gihugu nta burenganzira bwo kucyinjiramo bafite, bigafasha Leta kandi kugabanya ikiguzi itanga ngo ibiteho mu gihe haba hatarafatwa umwanzuro ku kubaha ubuhungiro cyangwa kubasubiza aho baje baturuka.

U Bwongereza bwiyemeje gufasha u Rwanda kwita kuri abo bimukira mu gihe dosiye zabo zikigwa ndetse no gutanga umusanzu kugira ngo batangire ubuzima bushya.

Byari biteganyijwe ko abimukira ba mbere bagera mu Rwanda muri Nyakanga 2022 ariko byaje guhagarikwa n’urukiko ku munota wa nyuma kuko imiryango irengera abimukira mu Bwongereza yatanze ikirego ivuga ko bitubahirije amategeko.
igihe

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 59

  1. Furthermore, i believe that mesothelioma is a exceptional form of cancer malignancy that is normally found in people previously subjected to asbestos. Cancerous tissues form within the mesothelium, which is a safety lining which covers many of the body’s body organs. These cells usually form in the lining of your lungs, abdominal area, or the sac which encircles one’s heart. Thanks for discussing your ideas.

  2. I absolutely love your site.. Pleasant colors & theme. Did you develop this site yourself? Please reply back as I’m looking to create my very own blog and would like to find out where you got this from or what the theme is named. Kudos.

  3. After I originally commented I appear to have clicked on the -Notify me when new comments are added- checkbox and now whenever a comment is added I get 4 emails with the same comment. Is there an easy method you are able to remove me from that service? Thanks.

  4. Nice post. I learn something new and challenging on sites I stumbleupon everyday. It will always be interesting to read through articles from other writers and use a little something from other web sites.

  5. Terrific work! This is the type of info that should be shared around the net. Shame on the search engines for not positioning this post higher! Come on over and visit my site . Thanks =)

  6. I’m amazed, I have to admit. Seldom do I come across a blog that’s both educative and amusing, and without a doubt, you’ve hit the nail on the head. The problem is an issue that not enough men and women are speaking intelligently about. I am very happy that I stumbled across this during my hunt for something concerning this.

  7. Howdy, I believe your website may be having web browser compatibility issues. When I take a look at your web site in Safari, it looks fine but when opening in IE, it has some overlapping issues. I just wanted to give you a quick heads up! Other than that, great website!

  8. Hi! I could have sworn I’ve visited this website before but after browsing through some of the posts I realized it’s new to me. Anyhow, I’m certainly pleased I found it and I’ll be bookmarking it and checking back frequently.

  9. Прелагаю посетить популярный сайт, на котором можно найти информацию на все случаи жизни.
    Много полезной и интересной информации в статье: Мелатонин – гормон сна
    Подписывайтесь и получайте постоянные обновления. Пользуйтесь сервисами, делитесь информацией, находите дрeзей!

  10. Oh my goodness! Impressive article dude! Thank you so much, However I am having issues with your RSS. I don’t know the reason why I cannot subscribe to it. Is there anybody having identical RSS issues? Anyone that knows the solution will you kindly respond? Thanx.

  11. This is the right site for anyone who wishes to find out about this topic. You know a whole lot its almost hard to argue with you (not that I personally would want to…HaHa). You certainly put a new spin on a topic that’s been written about for years. Wonderful stuff, just great.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button