Cyamunara

CHOGM: Imihanda ikomeje kubakwa mu rwego rwo kunoza imitegurire

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burizeza abaturage ko imihanda itandukanye irimo gukorwa izaba yuzuye mu minsi iri imbere ku buryo nta kizongera kurogoya ingendo nk’uko byajyaga bigenda mu gihe hari inama zakira abantu benshi icyarimwe.

Hari abaturage bakunze kugaragaza ko mu gihe mu Mujyi wa Kigali habera inama mpuzamahanga ziba zanitabiriwe n’abanyacyubahiro benshi batoroherwa n’ingendo mu mihanda minini baba basanzwe bakoresha.

Mu gihe habura amezi 3 n’iminsi mike ngo u Rwanda rwakire inama y’abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza, usanga hirya no hino mu Mujyi wa Kigali hari imirimo yo guhanga imihanda mishya, ndetse imwe yaruzuye, mu gihe hari n’indi mu isanzweho irimo kwagurwa ibintu. Abaturage bagaragaza ko bizabafasha mu gihe igihugu cyaba gifite abashyitsi benshi.

Nizeyimana Didier yagize ati «Ibyo kwagura ni byiza kuko mu nama zabanje wasangaga bitwicira akazi cyane tugahurira muri iyi turi benshi, ariko kwagura ni sawa bashobora kuvuga ngo uyu n’uyu tuwuhariye abashyitsi baje mu nama, noneho natwe abasangwa bakaduharira iyindi kandi n ayo ihagije nta kibazo rwose tuba tunyuzwe kandi n’iyo mihanda y’abashyitsi yabonetse. »

Uwitonze Hyacinthe ati « Umubyigano hano wahabaga rwose nawe ukabibona ko umuhanda ari mutoya ariko ubu bari kuhagura rwose birashimishije. »

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ibikorwaremezo mu Mujyi wa Kigali Eng. Asaba Emmanuel Katabarwa yizeza abatuye n’abagenda uyu mujyi ko imihanda ikirimo gukorwa hagamijwe koroshya urujya n’uruza ikazaba yarangiye mbere y’uko u Rwanda rwakira inama ya CHOGM mu kwezi kwa gatandatu.

Yagize ati «Twizera ko imihanda myinshi izaba irangiye, ku buryo abantu batazabura aho baca, n’ituzuye izaba iri ku rwego rwo gukoreshwa, ubu hari imihanda myinshi yuzuye twamaze gukora ariko abantu ntibayikoresha turasaba abakoresha umuhanda muri uyu mujyi kutibanda ku mihanda minini kuko hari uburyo bagera aho bajya kandi bakoresha imihanda twubatse. Twavuga nk’iyubatswe mu Kiyovu mu Biryogo, i Gikondo ugana i Nyanza no ku i Rebero ku buryo uwayikoresha yagera aho ajya adakoresheje ya mihanda minini dukunda gukoresha igihe twakiriye abantu benshi, kuko ibyo bavuga ni byo mu gihe cy’inama ni yo iba ikoreshwa cyane. »

Biteganyijwe kandi ko mu kwezi kwa gatandatu hazaba haruzuye ibikorwaremezo bishya byo gutembera ku misozi ya Jali na Kanyinya, n’ibindi bizafasha abitabira iyi nama n’izindi nka yo kwisanzura no gutembera Umujyi wa Kigali uko babishaka.

RBA

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 2

  1. Its like you read my mind! You seem to know a lot about this, like
    you wrote the book in it or something. I think that you could do with some pics to drive the message home
    a bit, but instead of that, this is fantastic blog. A fantastic read.
    I’ll definitely be back.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button