Andi Makuru

Louise Mushikiwabo yasobanuye impamvu yo guceceka kwa OIF ku ntambara ya Ukraine

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuriwemo n’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yagaragaje aho ahagaze ku giti cye ku bijyanye n’intambara iri kubera muri Ukraine asobanura impamvu umuryango ahagarariye ntacyo uratangaza.

Kuva ku wa 24 Gashyantare Ingabo z’u Burusiya zinjira muri Ukraine, abantu batandukanye batangiye kugaragaza uko bayibona, benshi bagiye bibaza impamvu OIF yacecetse.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo yagiranye na Jeune Afrique, yavuze ko yumva neza uburyo uko guceceka gushobora gutera urujijo.

Yagize ati “Maze igihe numva bimwe mu bihugu binyamuryango bigaragaza ko bitumva impamvu ntaragira icyo mvuga ku kibazo cya Ukraine. Bimwe byatangajwe n’uko umuryango Francophonie, wubakiye ku ndangagaciro z’amahoro na demokarasi kugeza ubu utaragira icyo uvuga ku makimbirane hagati y’u Burusiya na Ukraine.”

Mu Nteko Rusange ya Loni yateranye by’igitaraganya muri iki Cyumweru, u Rwanda rwashyigikiye umwanzuro usaba ko u Burusiya bukura ingabo zabwo muri Ukraine.

Mushikiwabo yavuze ko ari ku ruhande rumwe n’urw’igihugu cye kimwe n’ibindi byinshi byagaragaje ko bidashyigikiye iyi ntambara.

Ati “Ngerageje kugaragaza uruhande mpagazemo, ruhura n’urw’ibihugu byinshi mu muryango wacu harimo n’igihugu cyanjye, u Rwanda cyashyigikiye umwanzuro w’inteko rusange isaba ko imirwano ihagarara byangu.”

Yakomeje avuga ko ahangayikishijwe n’umutekano muke w’Abanya-Ukraine nk’umuntu ukomoka mu gihugu cyazahajwe n’ibibazo by’ubuhunzi ku Isi kuva mu myaka 60, kigateranwa n’amahanga muri Jenoside ya nyuma mu kinyejana cya 20, yagize ingaruka zikomeye ku bantu no ku bukungu.

Ati “Ariko uyu munsi ndi Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuje ibihugu na za Guverinoma 88 byagaragaje mu buryo butandukanye uko byumva ayo makimbirane kuva mu ntangiriro. Imikorere y’umuryango wacu yubakiye ku ihame ry’ubwumvikane.”

“Itora riheruka mu Nteko Rusange ryagaragayemo ukwifata kw’ibihugu bibarirwa mu icumi byo muri Francophonie kandi sinakwirengagiza ko akarere kacu kabayemo amakimbirane mu bihe bya vuba, Umuryango wacu utigeze ugira icyemezo na kimwe uyafataho.”

Yatanze urugero kuri Armenie aho Francophonie itigeze igira icyo ivuga mu buryo bweruye ku makimbirane iki gihugu cyanyuzemo.

Yongeyeho ati “Ku bwanjye nk’uhagarariye ibihugu binyamuryango, nibwira ko dukeneye guhuriza hamwe nk’urwego, ikintu cy’ingenzi tutakwiha mu gihe Isi na Francophonie by’umwihariko bitazabura guhura n’ibindi bibazo by’amakimbirane.”

“Ni yo mpamvu nifuje ko ikibazo gishyirwa ku meza y’ibiganiro mu nama ziteganyijwe mu bihugu byacu mu bihe bya vuba kugira ngo bibashe gufata umwanzuro mu buryo bwumvikanyweho nk’uko biranga inzego zacu gufata imyanzuro itajegajega ihuriweho.”

Yasoje avuga ko yifatanyije n’Abanya-Ukraine bari mu ngorane n’ibibazo by’ubuhunzi n’abanyamahanga bazitiwe n’iyi ntambara anahamagarira umuryango mpuzamahanga kwifatanya na bo.
louise-mushikiwabo-encore.jpg

Source: Jeune Afrique

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 12

  1. I found this article both informative and thought-provoking. The analysis was spot-on, and it left me wanting to learn more. Let’s discuss further. Check out my profile for more related discussions!

  2. magnificent issues altogether, you just received a emblem new reader.
    What might you suggest in regards to your submit that
    you simply made some days in the past? Any positive?

  3. Hi there, i read your blog occasionally and i own a similar one and i was just wondering if
    you get a lot of spam remarks? If so how do you reduce
    it, any plugin or anything you can advise? I get so much
    lately it’s driving me mad so any assistance is very much
    appreciated.

  4. whoah this blog is great i really like reading your posts.

    Stay up the great work! You recognize, a lot of individuals are searching round for this info, you could help them greatly.

  5. Do you mind if I quote a few of your posts as long as I provide credit and sources back to your blog?

    My website is in the exact same area of interest as yours and my visitors would really benefit
    from some of the information you present here. Please let
    me know if this okay with you. Many thanks!

  6. Hello are using WordPress for your site platform?
    I’m new to the blog world but I’m trying to get started and
    create my own. Do you require any html coding knowledge to make
    your own blog? Any help would be greatly appreciated!

  7. I’m pretty pleased to find this website. I wanted to thank you for ones time for
    this particularly fantastic read!! I definitely loved every
    part of it and i also have you bookmarked to look at new stuff on your site.

  8. Hello, i think that i saw you visited my blog so i came to
    “return the favor”.I’m attempting to find things
    to improve my website!I suppose its ok to use some of your ideas!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button