Umunyamakuru Manirakiza Theogene yatawe muri yombi ashinjwa ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangarije Kigali Today ko Manirakiza Théogène yafatiwe mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro tariki 10 Ukwakira 2023, ubwo yakiraga ayo mafaranga.
Ati “Iperereza rirakomeje, Théogène afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha.
RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatirwa mu cyaha cyo gusaba cyangwa kwakira indonke yizeza umuntu ko haribyo amucyemurira inibutsa abantu ko gutanga indonke ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Ati “Ntabwo bikwiye ko hari umuntu ukwiriye kwihisha mu mutaka w’umwuga akora kugirango akore ibinyuranyije n’amategeko. Turashishikariza umuntu uwo ariwe wese kwirinda ibikorwa ibyo ari byose bimukururira mu byaha. RIB ikaba ishishikariza abantu bose kwirinda gutanga cyangwa kwakira ruswa, ikaba isaba gutanga amakuru ahantu hose ruswa igaragara”.
Itegeko rihana ibyerekeranye no gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga ko Umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.
KT




Everything is very open with a very clear description of the issues. It was definitely informative. Your website is very helpful. Thank you for sharing!|
Everything is very open with a very clear description of the challenges. It was definitely informative. Your website is very helpful. Thank you for sharing.
That is a good tip particularly to those fresh to the blogosphere. Simple but very precise info… Many thanks for sharing this one. A must read article.
You actually make it seem so easy with your presentation but I find this matter to be actually something that I think I would never understand. It seems too complex and very broad for me. I am looking forward for your next post, I’ll try to get the hang of it!|
I was very pleased to find this great site. I want to to thank you for ones time due to this wonderful read!! I definitely liked every bit of it and I have you saved to fav to see new stuff in your web site.