Kandidature ya Moise Katumbi ni ikibazo kuri Tshisekedi
Nyuma yo gutangaza ko azaba umukandida perezida mu matora yo mu Ukuboza 2023, Moïse Katumbi yabaye ikiganiro mu mpande zose za DR Congo kuva abitangaje mu kiganiro na France 24 na RFI kuwa gatanu.
Katumbi avuga ko ishyaka rye kuva none kuwa mbere tariki 19 Ukuboza ritangira igikorwa cyo kumwemeza nk’umukandida waryo.
Uyu ni umugabo uvuga rikijyana muri Congo kandi uri mu batunze kurusha abandi muri iki gihugu, nyuma yo kuba guverineri w’intara ya Katanga igihe kinini, kuba nyiri ikipe izwi cyane ya Tout Puissant Mazembe, no guhura n’ingorane ubushize ubwo yashakaga kwiyamamariza gutegeka iki gihugu.
Mu gutangaza ko aziyamamaza, Katumbi yatandukanye na Félix Tshisekedi bari bahuriye mu mpuzamashyaka Union Sacrée, abasesenguzi bavuga ko nta kabuza Tshisekedi atakaje umuntu ukomeye ariko by’umwihariko uhise ahinduka umucyeba we.
Mbere y’uko atorwa mu 2019, aho yari ahanganye cyane na Joseph Kabila, Tshisekedi yumvikanye avuga ko Katumbi ari inshuti ye kandi ko ari “umugabo uhamye, udafite amabi” ndetse ko basangiye “intego yo kubohora Congo”.
Ariko atangaza ko aziyamamaza, Katumbi yavuze ko yatanze inama ze mu mpuzamashyaka yabo “ariko ibintu bikomeza kuzamba”, ati: “ngomba kurokora abanyagihugu bari mu kaga.”
Ariko kandi mu buryo busa n’ubwo gusesereza Tshisekedi kubera amarangamutima yigeze kugaragaza, yongeraho ati: “Nzaba perezida utarira, nzaba perezida ubona ibisubizo ku gihugu cye.”
Abanyecongo benshi ku mbuga nkoranyambaga bagarutse kubyo Katumbi yatangaje ndetse n’aho yabitangarije. Abamushyigikiye n’abamunenga hafi kungana.
Baudouin Mayo wigeze kuba minisitiri w’ingengo y’imari wa Congo yagarutse ku bwenegihugu bwa Katumbi bwakomeje kuba izingiro ry’impaka no mu myaka ishize.
DR Congo ni igihugu kitemera ubwenegihugu bwinshi, uba umunye-Congo cyangwa se ugahitamo kuba umunyamahanga iyo ufashe ubundi bwenegihugu.
Muri video yatangaje, Mayo yagize ati: “Rimwe ni umu-Zambia, ubundi ni umuyahudi, ubundi ni umutaliyani… Moïse Katumbi yatakaje ubwenegihugu bwa Congo”.
Uyu yongeraho ko “Umwanya wa Perezida wa Repubulika ugenewe abanye-Congo gusa.”
BBC
Tadalify: Tadalify – cialis drug
medyumlar
SildenaPeak: where can i buy viagra pills – female viagra cost in india
dingdongtogel
when should i take cialis Tadalify cialis in canada
p2p USDT in Australia
Sell USDT via Zelle Bay Area
sell USDT for USD
online prednisone: SteroidCare Pharmacy – SteroidCare Pharmacy
Ziatogel
IverGrove: IverGrove – how to buy ivermectin
Ziatogel
togelon login
top 10 online casinos ontario
Haiti cryptocurrency laws
P2P USDT Las Vegas
FertiCare Online: FertiCare Online – FertiCare Online
exchange USDT in Galway
crypto P2P trading Egypt
trade USDT in Glasgow
SteroidCare Pharmacy: SteroidCare Pharmacy – SteroidCare Pharmacy
USDT OTC desk Maldives
convert USDT to EUR