Andi Makuru

DRC-Rwanda: Ingabo z’ibihugu byombi ‘zarasanye’ ku mupaka wa Rusizi

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu abasirikare bari hagati ya 12 na 14 ba DR Congo binjiye mu mwanya wo hagati y’umupaka w’ibihugu byombi wa Rusizi/Ruzizi bakarasa ku ruhande rw’u Rwanda.

Umuvugizi w’igisirikare cya DR Congo mu ntara ya Kivu y’epfo yabwiye BBC Gahuzamiryango ko uko kurasana ntakwabayeho.

Itangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda rivuga ko ibyo byabaye saa 4h30 z’igitondo ubwo ingabo za DR Congo zinjiraga mu mwanya wo hagati y’ibihugu byombi uba uri ku mupaka uzwi nka ‘No man’s land’.

Igisirikare cy’u Rwanda kivuga ko cyasubije amasasu y’abo basirikare ba DR Congo “bagasubira inyuma” kandi ko nta muntu wo ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda wagize icyo aba.

Igisirikare cy’u Rwanda kandi ko ingabo za DRC zagarutse saa 5h54 maze “zigahanagura aho hantu”.

Lieutenant Marc Elongo uvugira ingabo za DR Congo muri Kivu y’Epfo yabwiye BBC ati: “Ayo makuru ntabwo ariyo, ibyo bintu ntabyabaye…nta kintu cyabaye.”

Igisirikare cy’u Rwanda gisaba amatsinda y’ubugenzuzi ku bikorwa by’umutekano mucye ku mipaka y’ibi bigugu kuza agakora iperereza kuri “iki gikorwa cy’ubushotoranyi”.

Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ukomeje gututumba mu gihe ubutegetsi bwa DR Congo bushinja ubw’u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

M23 imaze kwigarurira 80% bya teritwari ya Rutshuru, nk’uko MONUSCO ibivuga, hamwe n’ibice bimwe bya teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya ruguru.

Biteganyijwe ko ba perezida b’ibi bihugu kuwa gatanu bazahurira i Addis Ababa hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu by’akarere kuganira kuri aya makimbirane, nk’uko ministiri w’ububanyi n’amahanga wa DR Congo aheruka kubitangariza abanyamakuru.

BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 45

  1. lanciao
    Remarkable issues here. I’m very glad to look your post.
    Thank you a lot and I’m taking a look ahead to contact you.
    Will you kindly drop me a e-mail?

  2. What role does customer service play whenever dealing directly through companies themselves whenever issues arise unexpectedly surrounding warranties claimed filed subsequently afterwards following purchases made earlier prior potentially leading towards dishwashers

  3. lanciao
    I’m not sure where you are getting your info, but good topic.
    I needs to spend some time learning much more or understanding
    more. Thanks for fantastic information I was looking for this information for my mission.

  4. bokep
    This design is spectacular! You most certainly know how to
    keep a reader entertained. Between your wit and your videos,
    I was almost moved to start my own blog (well, almost…HaHa!) Excellent job.
    I really enjoyed what you had to say, and more than that,
    how you presented it. Too cool!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button