Andi Makuru

Umunyamakuru Manirakiza Theogene yatawe muri yombi ashinjwa ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangarije Kigali Today ko Manirakiza Théogène yafatiwe mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro tariki 10 Ukwakira 2023, ubwo yakiraga ayo mafaranga.

Ati “Iperereza rirakomeje, Théogène afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha.

RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatirwa mu cyaha cyo gusaba cyangwa kwakira indonke yizeza umuntu ko haribyo amucyemurira inibutsa abantu ko gutanga indonke ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ati “Ntabwo bikwiye ko hari umuntu ukwiriye kwihisha mu mutaka w’umwuga akora kugirango akore ibinyuranyije n’amategeko. Turashishikariza umuntu uwo ariwe wese kwirinda ibikorwa ibyo ari byose bimukururira mu byaha. RIB ikaba ishishikariza abantu bose kwirinda gutanga cyangwa kwakira ruswa, ikaba isaba gutanga amakuru ahantu hose ruswa igaragara”.

Itegeko rihana ibyerekeranye no gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga ko Umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 18

  1. When I initially commented I appear to have clicked on the -Notify me when new comments are added- checkbox and from now on each time a comment is added I recieve 4 emails with the exact same comment. Perhaps there is an easy method you can remove me from that service? Thanks.

  2. You’re so interesting! I don’t suppose I’ve truly read through something like that before. So good to find somebody with some original thoughts on this subject matter. Really.. thanks for starting this up. This website is something that is required on the internet, someone with some originality.

  3. Hi, There’s no doubt that your blog may be having web browser compatibility issues. When I look at your website in Safari, it looks fine however, when opening in I.E., it has some overlapping issues. I just wanted to provide you with a quick heads up! Other than that, wonderful site.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button