Andi Makuru

Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.

Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.

Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.

Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”

Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.

Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.

Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 84

  1. Slipped at a grocery shop last month and learned quickly how problematic premises legal responsibility is also. A Slip & Fall Lawyer Woodland Hills can investigate surveillance, incident reports, and threat logs to turn out negligence maps.google.com

  2. 1. Man, that third quarter was rough. Our defense just totally disappeared for like 10 minutes. BUT… the way the offense stepped up in the last few minutes? THAT was some solid hustle. We gotta clean up those blown coverages though.

    2 website

  3. you’re actually a excellent webmaster. The website loading pace
    is incredible. It seems that you are doing any unique trick.
    Also, The contents are masterpiece. you’ve done a excellent process on this subject!

  4. Great insights about luxury villas for sale in Greece!
    Thanks for sharing such valuable information.

    Appreciate the details on these luxury homes.
    I’ll definitely check the listings on Greek Exclusive Properties.
    more info

  5. I’ve been searching for the very best Chiropractor near me and kept seeing excellent testimonials about Pain Relief Centre in St Augustine. After my very first go to, I recognized why– professional treatment, customized treatment, and real results chiropractor near me

  6. “Finding furnishings that matches neatly inside of prime ceilings with no overwhelming different factors is prime when adorning a lofty dwelling house; let’s substitute our favourite items over on %%code%%!” loft

  7. I’ve spent way too much time wrestling with logo background removal—especially when the edges aren’t cleanly done. In the US market, where branding consistency is everything, a rough or uneven background removal can immediately cheapen your presentation logo with no background

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button