Andi Makuru

Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.

Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.

Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.

Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”

Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.

Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.

Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 210

  1. Great insights on decluttering hints! If any one in the Central Coast is crushed by using storage cleanouts or moving-day particles, Junk Removal Paso Robles professionals could make it obstacle-loose weblink

  2. I’ve been attempting to find dependent and sturdy alternate options for my little man, and this publish in point of fact hits the mark on what to reflect onconsideration on—fabrics caliber, elementary-care fabrics my review here

  3. Have you ever theory about including a rooftop backyard for your loft? It’s such a extraordinary principle for urban dwellers; money out rules in this matter at loft !

  4. 천안출장마사지는 고객이 원하는 시간과 장소에
    전문 테라피스트가 직접 방문하여 체계적인 마사지 프로그램을 진행하는 출장형 전문 테라피
    서비스입니다.

  5. I’ve attempted several local firms, and McGee and Sons Services is hands-down the very best pressure washer in Nocatee. Their interest to detail made my driveway and pool deck look brand new, and they were exceptionally considerate of our landscaping pressure washer

  6. ขอบคุณสำหรับประสบการณ์ดีๆ กับการเล่นพนันผ่านเว็บไซต์นี้ – IVIP 09 ครับ!## anykeyword ## ivip9 tech

  7. บริการลูกค้าของ eu9 ดีเยี่ยม ใครที่กำลังมองหาเว็บพนันออนไลน์ แนะนำให้เข้าไปดู eu9

  8. #สร้างรายได้# ได้อย่างรวดเร็ว พร้อมโบนัสอีกเพียบเมื่อเดิมพัน กับ###ใครก็ต้องรัก### s take

  9. ทุกคนต้องลองสัมผัสประสบการณ์การเล่นพนันออนไลน์กับ okvip สักครั้งนะครับ okvip

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button