Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.
Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.
Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.
Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”
Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.
Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.
Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.
Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.
Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT




I recently had my roof repaired by professionals from trusted roofers Cork , and the service was outstanding!
“Thanks for sharing those facts on going through straightforward pests; what’s been your appropriate crisis in relation to critters invading your inexperienced house? Discuss concepts over on https://eduardonjiv122.raidersfanteamshop.com/understanding-the-role-of-earthworms-in-soil-health-and-fertility !”
I have actually attempted a number of neighborhood business, and McGee and Sons Services is hands-down the most effective pressure washer in Nocatee pressure washer
I’m glad this article covered security features; it’s crucial when choosing where to take high-value items like diamond rings—visit “Pawn Jewelry – Orlando, FL” for peace of mind (see more at Pawn Shop near me ).
Brushing my canine used to be a duty, now it’s a bonding experience many thanks to your ideas! Maintain the magnum opus! mobile pet groomers in Austin
Great insights on decluttering hints! If any one in the Central Coast is crushed by using storage cleanouts or moving-day particles, Junk Removal Paso Robles professionals could make it obstacle-loose weblink
Do they provide a realistic expectation timeline at facial fillers nyc for peak results?
I just like the emphasis on E-E-A-T. For Venice Florida mavens, construction native authority is fundamental. SEO Venice outlines straight forward systems to earn neighborhood mentions.