Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.
Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.
Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.
Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”
Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.
Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.
Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.
Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.
Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT




If your check engine light is on, some buyers still purchase. Submit to we buy scrap cars Fort Myers FL in Fort Myers.
Love that How To Pressure Wash offers both window cleaning and pressure washing.
Loved the realistic Q&A about results expectations on Botox near me .
If you want a roof inspection before winter, EPDM roofing Brantford does detailed reports with photos.
สุดยอดความสว่างจากไฟหน้าโปรเจคเตอร์ ทำให้เดินทางได้สะดวกกว่าเดิม ไฟแต่งหน้ารถยนต์
What’s the deposit policy with Los Angeles Car Shipping’s ? Do they charge only when a carrier is assigned for LA?
Thanks for the clear breakdown. Find more at postoperatorio injerto capilar .
Be sure to drain hoses and remove shelves from fridges. Cheap movers Washington DC handled appliance dollies and secure straps.
Moving out? We decluttered first and tossed the junk in one weekend. Convenient dumpster rentals Springfield made Springfield pickup painless and fast.
Thinking about patterned tile in the entry—does it make the space feel smaller? flooring contractor Fort Myers
The tips here really helped me understand how to get the best deal when selling a junk car for cash in Naples, FL. used car buyers naples fl
When it involves tradition company playing cards, Minuteman Press Columbia can provide top rate finishes that truely stand out. Highly advise.
I needed emergency tarping and found responsive Hamilton roofers through Storm damage roof repair Hamilton —lifesavers during a rainy week.
Thanks for addressing refrigerant leak myths. affordable plumbing service found and fixed a micro-leak instead of just topping off.
The article’s reminder to involve seniors in decisions is key. senior care has conversation guides for families.