Abakuwe mu nzu kwa Dubai baratakamba ngo basubire munzu zabo

Nyuma y’uko hagaragaye ko inzu z’ubatswe n’umushoramari witwa Jean Nsabimana, uzwi ku izina rya Dubai zubatse nabi, tariki 17 Mata 2023 nibwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imiryango 23 yari ituye mu nzu zigeretse ziri muri uwo mudugudu, yimurwa igashakirwa ahandi ho kuba, nubwo bo basabaga ubufasha kuko bagaragazaga ko ntaho bafite ho kwerekeza.
Mu isuzuma ry’ibanze ryakozwe byagaragaye ko inzu zigera kuri 54 mu zitageretse, zubatswe muri uwo Mudugudu zigomba gusanwa, mu nzu 121 zari zubatswe mu mwaka wa 2015, zirimo 114 zitageretse, mu gihe izindi 7 ari zo zigeretse.
Bamwe mu bari batuye muri izo nzu bavuga ko bahangayishijwe cyane no gukodesha izindi, kandi ari ibintu byababayeho batabanje guteguzwa, ku buryo byatumye ubuzima burushaho kubakomerera.
Gilbert Ngiriyonsanga, umwe mu bari batuye muri izo nzu, avuga ko bahangayikishijwe cyane n’uko bakodesha izindi nzu.
Ati “Duhangayikishijwe nyine no kubona uburyo twakodesha izindi nzu kandi bataraduteguje, kandi mu by’ukuri iyo urebye muri ibi bihe, uba ubona kubona amafaranga yo gukodesha bigoranye.”
Uwitwa Louise Mukamabano ati “Naraguze ndayisana, imfata amafaranga menshi y’inguzanyo, ku buryo nayisannye bitandukanye, bakagombye kuduha igihe tukitegura kuko tutanze ko batugirira neza pe.”
Kuri ubu iyo ugeze muri uwo Mudugudu usanga zimwe muri izo nyubako zaratangiye guhirima, izindi zarengewe n’ibigunda, ndetse harimo n’izatangiye kwibwa ibikoresho birimo amadirishya n’inzugi, ku buryo abahaturiye bavuga ko hasa n’ahabaye indiri y’abagizi ba nabi.
KT
Asking questions are really good thing if you are not understanding anything fully, except this article offers pleasant understanding even.
I have been browsing on-line greater than 3 hours as of late, but I never found
any fascinating article like yours. It’s lovely value sufficient for me.
In my view, if all site owners and bloggers made excellent content as you probably did, the net can be much more
helpful than ever before.
https://w3.datataipei.com/
I think the admin of this web page is really working hard in favor of his website, since here every data is quality based information.