Andi Makuru

Abakuwe mu nzu kwa Dubai baratakamba ngo basubire munzu zabo

Nyuma y’uko hagaragaye ko inzu z’ubatswe n’umushoramari witwa Jean Nsabimana, uzwi ku izina rya Dubai zubatse nabi, tariki 17 Mata 2023 nibwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imiryango 23 yari ituye mu nzu zigeretse ziri muri uwo mudugudu, yimurwa igashakirwa ahandi ho kuba, nubwo bo basabaga ubufasha kuko bagaragazaga ko ntaho bafite ho kwerekeza.

Mu isuzuma ry’ibanze ryakozwe byagaragaye ko inzu zigera kuri 54 mu zitageretse, zubatswe muri uwo Mudugudu zigomba gusanwa, mu nzu 121 zari zubatswe mu mwaka wa 2015, zirimo 114 zitageretse, mu gihe izindi 7 ari zo zigeretse.

Bamwe mu bari batuye muri izo nzu bavuga ko bahangayishijwe cyane no gukodesha izindi, kandi ari ibintu byababayeho batabanje guteguzwa, ku buryo byatumye ubuzima burushaho kubakomerera.

Gilbert Ngiriyonsanga, umwe mu bari batuye muri izo nzu, avuga ko bahangayikishijwe cyane n’uko bakodesha izindi nzu.

Ati “Duhangayikishijwe nyine no kubona uburyo twakodesha izindi nzu kandi bataraduteguje, kandi mu by’ukuri iyo urebye muri ibi bihe, uba ubona kubona amafaranga yo gukodesha bigoranye.”

Uwitwa Louise Mukamabano ati “Naraguze ndayisana, imfata amafaranga menshi y’inguzanyo, ku buryo nayisannye bitandukanye, bakagombye kuduha igihe tukitegura kuko tutanze ko batugirira neza pe.”

Kuri ubu iyo ugeze muri uwo Mudugudu usanga zimwe muri izo nyubako zaratangiye guhirima, izindi zarengewe n’ibigunda, ndetse harimo n’izatangiye kwibwa ibikoresho birimo amadirishya n’inzugi, ku buryo abahaturiye bavuga ko hasa n’ahabaye indiri y’abagizi ba nabi.

KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 16

  1. Just wish to say your article is as amazing. The clarity in your post is just excellent and i can assume you are an expert on this subject. Well with your permission allow me to grab your RSS feed to keep up to date with forthcoming post. Thanks a million and please keep up the rewarding work.

  2. Thank you for some other informative website. Where else may just I am getting that kind of info written in such a perfect way? I have a challenge that I’m simply now operating on, and I’ve been at the glance out for such info.

  3. Excellent post. I was checking continuously this blog and I’m impressed! Very helpful information specially the last part 🙂 I care for such information much. I was looking for this particular info for a very long time. Thank you and good luck.

  4. I am really enjoying the theme/design of your web site. Do you ever run into any internet browser compatibility issues? A couple of my blog visitors have complained about my site not working correctly in Explorer but looks great in Chrome. Do you have any suggestions to help fix this issue?

  5. Do you have a spam issue on this blog; I also am a blogger, and I was curious about your situation; many of us have developed some nice methods and we are looking to exchange strategies with other folks, please shoot me an email if interested.

  6. First of all I would like to say great blog! I had a quick question that I’d like to ask if you don’t mind. I was interested to know how you center yourself and clear your thoughts before writing. I’ve had trouble clearing my thoughts in getting my ideas out. I do enjoy writing however it just seems like the first 10 to 15 minutes are usually lost simply just trying to figure out how to begin. Any suggestions or hints? Cheers!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button