Amerika yasabye RDC guhagarika imikoranire na FDLR no korohera abigaragambya

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony J. Blinken, yagiranye ikiganiro na Perezida Félix Tshisekedi, amusaba guhagarika imikoranire na FDLR no kubahiriza uburenganzira bw’abigaragambya mu mahoro.
Ni ikiganiro cyabaye ku wa 23 Gicurasi, mbere y’uko Tshisekedi atangira uruzinduko mu Bushinwa.
Ni mu gihe muri RDC hamaze iminsi haba imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ariko Polisi igakoresha imbaraga z’umurengera mu kubatatanya, kugeza ubwo hari umwana wakubiswe bibabaje, akajyanwa mu bitaro.
Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo nyinshi zirimo na M23, aho RDC ishinja u Rwanda gushyigikira uwo mutwe, ariko rwo rukabyamaganira kure ruvuga ko ari ibibazo by’abanye-Congo, ko ari nabo bazabikemura.
Uyu mutwe umaze iminsi uhanganye na Leta mu ntambara yeruye, nubwo watangiye kugenda uva mu duce tumwe wari warafashe, ukadushyikiriza Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).
Ku rundi ruhande, mu burasirazuba bwa RDC hari imitwe yitwaje intwaro isaga 130, yakomeje kwica abantu, ndetse bumwe mu bwicanyi bugakorwa mu buryo bwa kinyamaswa.
Mu butumwa Blinken yanditse kuri Twitter, yagize ati “Nahamagaye Perezida Tshisekedi wa RDC mugaragariza impungenge zikomeye ku bishwe, abakomeretse, abakuwe mu byabo cyangwa bagizweho ingaruka n’ubugizi bwa nabi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nibukije ko impande zose zigomba kubahiriza ibiteganywa na gahunda za Luanda na Nairobi.”
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Matthew Miller, yagaragaje ko Blinken yanasabye u Rwanda guhagarika ubufasha bwose buhabwa M23.
Yakomeje ati “Yanashimangiye ko inzego za leta zose zikwiye guhagarika imikoranire na FDLR hamwe n’indi mitwe yose yitwaje intwaro.”
U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko RDC ikorana n’umutwe wa FDLR washinzwe n’abarimo abagize uruhare muri Jenosidide yakorewe Abatutsi, mu bihe bitandukanye wagabye ibitero mu Rwanda, byishe abantu, abandi bagakomereka.
Ni ibirego binagarukwaho n’ibihugu byinshi birimo Leta zunze ubumwe za Amerika, ariko RDC igashaka kuvuga ko uyu mutwe nta mpungenge uteye, ko ugizwe n’abo yita amabandi.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro mu Burasirazuba bwa Congo (Monusco) zatangaje ko muri icyo gihugu hasigaye abarwanyi ba FDLR bagera ku gihumbi.
Muri icyo kiganiro kandi, Blinken na Tshisekedi baganiriye ku kamaro ko kuba M23 yakomeza gusubira inyuma iva mu birindiro yafashe, no gushyira intwaro hasi nk’uko biteganywa na gahunda y’ibiganiro ya Luanda.
Blinken ngo yashimangiye ko bikenewe ko impande zose zikwiye gushyira mu bikorwa ibyemeranyijwe muri gahunda zigamije amahoro za Nairobi na Luanda.
Muri icyo kiganiro hanagarutswe ku myigaragambyo imaze iminsi muri RDC, yasembuwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ni imyigaragambyo irimo kuba mu gihe hasigaye amezi make ngo muri icyo gihugu habe amatora ya Perezida.
Miller yakomeje ati “Umunyamabanga wa Leta yasubiyemo impungenge ze ku mvugo z’urwango n’amacakubiri. Yanikije ku burenganzira bw’abanye-Congo bwo kwigaragambya mu mahoro kugira ngo bagaragaze ibibahangayikishije n’ibyifuzo byabo, anashimangira ko Leta zunze ubumwe za Amerika zishyigikiye amatora yigenga kandi anyuze mu mucyo muri RDC.”
Imyigaragambyo ikomeje kuba muri iki gihugu yagiye igaragaramo ubugizi bwa nabi, ahanini bukorwa na Polisi y’igihugu kubera gukoresha imbaraga z’umurengera mu kuyihosha.
Igihe
I trust SushiSwap – https://sushiswap-v2.com/ platform daily, very dependable.
ai crypto trading bot
Anyswap
Uniswap
polygon bridge
bridge Polygon to Optimism
Web3 L2 bridge
CryptoQuant community dashboard: Visualizes chain-reserve balance and flow metrics for Mantle, helping users identify inflow/outflow pressure and possible bridging bottlenecks.
Dune – “Paraswap” dashboard: Monitors swap volumes, transaction counts, and gas usage trends across chains—perfect for spotting usage spikes or slippage patterns
vibratory polishing machine
recipe for gala pie
Mersin Escort BayanMersin Escort</p
betpuan girişbetpuan
Online port evaluations are short articles or post created by professionals in the area, that have actually thoroughly checked and evaluated various on the internet port video games. These testimonials give in-depth information concerning the video game’s attributes, graphics, gameplay, bonus offer rounds, payments, and general customer experience. They intend to aid gamers make educated choices by offering an objective analysis of each port game’s strengths and weaknesses. On the internet port testimonials can be found on specialized review websites, online casino blog sites, and even on the web sites of on the internet gambling enterprises themselves. Chill Guy Clicker is not just a game; it’s a lifestyle! Let joy radiate through every click! Piwo nie piwo mate nie mate Ul. Powstańców Warszawy 4, Mielec, małopolskie 39-300
https://cretecarbooking.com/bet-on-red-casino-spiny-gdzie-znalezc-aktualne_1752660734/
Play’n Go wprowadził pierwszą wersję automatu Book of Dead w 2016 roku. Nowość szybko wspięła się na szczyt rankingów i nadal jest hitem wśród klientów kasyn. Slot zaprasza graczy do wyruszenia na poszukiwanie tajemniczej Księgi Umarłych, a operator kasyna Pin Up będzie towarzyszył tej podróży bonusami. Pin Up oferuje swoim klientom nie tylko ogromną bibliotekę gier, ale także wygodne usługi w zakresie zakładów. W przypadku zakładów na smartfony, klienci mogą skorzystać z wersji mobilnej. Zasoby internetowe są zaawansowane technicznie, przyjazne dla użytkownika i łatwe w użyciu. Wszystkie rozrywki i funkcje oferowane na pulpicie są dostępne w witrynie adaptacyjnej. Wersja mobilna to świetna alternatywa dla strony głównej, której wykorzystanie przyczynia się do uzyskania większych przychodów z zakładów w Pin Up kasyno online.