Andi Makuru

Dr Patrick Hitayezu yirukanwe ku mwanya w’umuyobozi muby’ubukungu muri Minecofin

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yirukanye ku mirimo Dr Patrick Hitayezu, kubera imyitwarire idahwitse yatumaga atubahiriza inshingano ashinzwe.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, mu ijoro ryo ku itariki 2 Ugushyingo 2023, rivuga ko mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, Dr Patrick Hitayezu yirukanywe kubera imyitwarire idahwitse yatumaga atubahiriza inshingano ashinzwe.

Dr Patrick Hitayezu, wari Chief Economist, yari ashinzwe iterambere, guhuza ibikorwa ndetse no gusesengura umusaruro ku rwego rw’ubukungu muri (MINECOFIN)

Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Nyakanga 2022, ni yo yashyize Dr Patrick Hitayezu ku mwanya wa Chief Economist, muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) asimbuye Nyakwigendera Dr Thomas Kigabo.

Patrick Hitayezu ni umuhanga mu by’ubukungu ufite uburambe bw’imyaka irenga 10 mu bijyanye no gusesengura Politiki y’ubukungu. Mbere yo kwinjira muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, yakuriye ishami ry’ubushakashatsi muri Banki Nkuru y’u Rwanda.

Yabaye kandi mu nama y’Ubutegetsi mu bigo bitandukanye harimo Urwego rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu Akamaro (RURA).

Itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri

Inkuru bijyanye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button