Andi Makuru

Burundi: Abashinjwa Coup d’état bahungiye mu Rwanda bashobora kubabarirwa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangaje ko yizeye ko u Rwanda ruzageraho rukemera gutanga abakekwaho uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi mu Burundi bagashyikirizwa ubutabera, yongeraho ko bashobora no kubabarirwa.

Ni ubutumwa yatanze ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru ku wa 22 Nyakanga, nyuma yo kumurika ibikorwa Minisiteri ayobora yagezeho mu mwaka wa 2021/2022.

Agaruka ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda umaze imyaka igera kuri irindwi urimo igitotsi, Amb. Shingiro yavuze ko ingingo itarajya mu buryo ari iy’uko u Rwanda rutaremera gutanga abakekwaho kugerageza guhirika ubutetegetsi mu Burundi mu 2015, baruhungiyemo.

Yagize ati “Iyo ni yo ngingo rukumbi isigaye, ibindi bibazo byose byarakemutse.”

Minisitiri Shingiro yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzemera kubatanga bagasubizwa mu gihugu cyabo, nk’uko ikinyamakuru Iwacu cyo mu Burundi cyabitangaje.

Ati “Nta gihugu gishobora kwemera ko ubutwererane bwacyo n’ikindi, byongeye icyo bihana imbibi, buguranwa agatsiko k’abagizi ba nabi kadafite ahazaza mu bya politiki.”

Mu gihe baba basubijwe mu gihugu bakagezwa imbere y’ubutabera, Minisitiri Shingiro yavuze ko bashobora no guhabwa imbabazi na Perezida bakaba bafungurwa.

Yakomeje agira ati “Mu gihe baba bagejejwe imbere y’ubutabera bw’u Burundi bashobora gutangira ibihano, ariko ntawe ubizi ko nyuma y’imyaka runaka batakungukira mu byemezo bitandukanye birimo n’imbabazi za Perezida.”

Yabajijwe niba ibyo u Burundi busaba bitazatambamirwa n’amasezerano mpuzamahanga arengera impunzi, asubiza ko “nta tegeko na rimwe ryo ku rwego mpuzamahanga rirengera abakoze Coup d’état cyangwa abandi banyabyaha.”

Kuri we, ngo abo si impunzi zisanzwe. Yasobanuye ko ibibareba bitandukanye n’ibiteganywa mu masezerano yo mu 1951 agenga impunzi, kandi ko nta sano n’imwe iri hagati y’impunzi n’itsinda ry’abanyabyaha.

Ati “Ndabagira inama yo kwitaba ubutabera aho kuguma mu buhungiro.”

Politiki mpuzamahanga u Burundi bugenderaho buhamya ko yavuguruwe, ni iyo gushyira imbere imibanire myiza n’ibindi bihugu.

Minisitiri Shingiro yavuze ko intambwe yo kuzahura umubano wabwo n’u Rwanda igeze ahashimishije.

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi ziheruka kugirana ibiganiro ku ngingo ijyanye n’abashatse guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza mu 2015.

Ni ibiganiro byabaye ku wa 25 Gashyantare 2022, bihuza Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Ugirashebuja Emmanuel na mugenzi we w’u Burundi, Banyankimbona Domine n’abandi barimo Abashinjacyaha Bakuru ku mpande zombi n’abakora mu nzego z’umutekano.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko u Rwanda n’u Burundi ari ibihugu bifite byinshi bihuriyeho kurenza ibibitanya.

Ati “Twishimiye ko umubano wacu uri kugana aheza, bitanzwemo umurongo n’abakuru b’ibihugu byacu. Twagiye tubona inama zahuje inzego zitandukanye mu mezi ashize, ibi biduha icyizere cy’uko ahazaza h’umubano w’ibihugu byacu ari heza ku bw’inyungu z’abaturage bacu.”

Izindi ngingo zaganiriweho na Minisitiri Dr Ugirashebuja na mugenzi we w’u Burundi, ubufasha u Rwanda rwahaye iki gihugu bwo gucyura impunzi zari zarahungiye mu Rwanda nyuma y’imvururu zo mu 2015 aho abarenga ibihumbi 70 bamaze gusubira mu gihugu cyabo.
Igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 61

  1. I’m very happy to find this page. I want to to thank you for your time just for this fantastic read!!
    I definitely really liked every part of it and I
    have you saved to fav to look at new stuff on your web site.

  2. Very nice post. I just stumbled upon your weblog and wanted to say that I have really
    enjoyed surfing around your blog posts. After all I’ll be
    subscribing to your feed and I hope you write again soon!

  3. What’s Happening i am new to this, I stumbled upon this I have discovered It positively
    helpful and it has helped me out loads. I am hoping to give a contribution & aid different
    customers like its aided me. Good job.

  4. Hi there, just became alert to your blog through Google,
    and found that it is truly informative. I’m going to watch out
    for brussels. I will be grateful if you continue this in future.
    Many people will be benefited from your writing. Cheers!

  5. I am really loving the theme/design of your weblog.
    Do you ever run into any internet browser compatibility problems?

    A couple of my blog audience have complained about my
    site not operating correctly in Explorer but looks great in Firefox.
    Do you have any suggestions to help fix this issue?

  6. It is in reality a nice and helpful piece of information. I’m glad
    that you simply shared this helpful info with us. Please
    stay us informed like this. Thank you for sharing.

  7. hello!,I really like your writing very much!
    percentage we be in contact more about your article on AOL?
    I require a specialist in this area to solve my problem.
    May be that’s you! Having a look ahead to peer you.

  8. After I originally commented I appear to have clicked on the -Notify me when new comments are added-
    checkbox and from now on every time a comment is added
    I receive four emails with the exact same comment. Is there a way you are able to remove me from that service?

    Cheers!

  9. Its like you read my mind! You seem to know a lot about this,
    like you wrote the book in it or something. I think that you can do with some pics to drive the message
    home a little bit, but instead of that, this is excellent blog.
    A great read. I will certainly be back.

  10. Hi! I could have sworn I’ve been to this blog before but after browsing through many of the posts I realized it’s
    new to me. Anyways, I’m definitely delighted I found it and I’ll be bookmarking
    it and checking back often!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button