Andi Makuru

Urubanza DRC yarezemo u Rwanda rwatangiye kuburanishwa i Arusha

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Gashyantare 2025, i Arusha ku Rukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu, hatangiye kumvwa urubanza Repubulika ya Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda. Uruhande rw’u Rwanda ruyobowe na Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja, rwasabye urukiko kutakira ikirego kubera inenge zitandukanye babonye mu kirego.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo irasaba urukiko gutegeka u Rwanda kuvana ingabo zarwo ku butaka bwayo no guhita ruhagarika uburyo bwose bw’inkunga ruha M23. Ni mu gihe u Rwanda rwakomeje guhakana gutera inkunga uyu mutwe wiganjemo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Mu kirego cyayo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda kuba inyuma y’amakimbirane akomeje gufata intera mu burasirazuba bw’igihugu hagati ya M23 na leta yongeye kubura mu 2021 muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kinshasa ivuga ko mu burasirazuba bw’igihugu hadutse amakimbirane akomeje hagati y’ingabo za leta n’ihuriro rigizwe n’Ingabo z’u Rwanda n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, ufashwa na leta yarezwe.

Congo ivuga ko muri Mutarama 2022, iryo huriro ryatangije ibitero icyarimwe ku birindiro bya FARDC no ku birindiro by’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), bwa mbere ahitwa Shangi ku itariki 22 Gicurasi 2022.

Ibitero nyuma ngo byagabwe mu bice byo muri Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, Tchanzu, Runyoni, Kanombe na Rumangabo muri Teritwari ya Rutshuru.

bwiza

Inkuru bijyanye

Back to top button