Andi Makuru

Kayonza:Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umunyeshuri

Umwarimu wigisha ku Ishuri riherereye mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gusambanya umunyeshuri w’umukobwa yigishaga, akanamukingirana iwe mu nzu.

Uyu mwarimu wigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Cyinzovu yatawe muri yombi ku wa Mbere, tariki ya 8 Gicurasi 2023, afatiwe mu Mudugudu wa Bitoma mu Kagari ka Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarondo, Kagabo Jean Paul, yabwiye IGIHE ko uyu mwarimu kugira ngo afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bagiye iwe basanga hari umwana w’umukobwa yakingiraniye iwe mu rugo.

Ati “Yafashwe ejo, yajyanye iwe umunyeshuri yigisha, abaturage baje tujyayo na RIB na Polisi dusanga koko mu nzu harimo uwo munyeshuri. Twahise tumushakisha turamufata tumushyikiriza RIB.’’

Yasobanuye ko mu kwinjira mu nzu babanje kwica urugi ndetse bakuramo “wa munyeshuri kugira ngo tuhamukure.”

Yakomeje asaba ababyeyi kwita ku burere baha abana babo bakabakurikirana umunsi ku munsi bakamenya aho baba bari.

Kagabo yanasabye abarezi kwirinda gusambanya abana bigisha ngo kuko bigayitse kuba umwana akwitezeho ubumenyi bwamufasha gutera imbere ukaba uwa mbere mu gukoresha ububasha umufiteho umusambanya.

IGIHE yamenye ko uyu mukobwa wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yujuje imyaka y’ubukure ariko mwarimu wamusambanyije ashobora guhanirwa gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko agasambanya uwo yigisha.

Kuri ubu uyu mwarimu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kabarondo mu gihe hagikorwa iperereza na dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 7

  1. An excellent article that kept me engaged from start to finish! The blend of facts and storytelling was spot on. Im excited to discuss this further with anyone interested. Click on my nickname if youd like to explore more related content and discussions!

  2. Hey! I realize this is sort of off-topic but I needed to ask.
    Does managing a well-established website like yours take a massive amount work?
    I am brand new to running a blog however I do write in my diary on a daily
    basis. I’d like to start a blog so I can share my own experience and
    thoughts online. Please let me know if you have any recommendations or tips for brand
    new aspiring bloggers. Thankyou!

  3. Wonderful article! This is the type of info that are supposed to
    be shared across the internet. Shame on the search engines for not positioning this put up
    upper! Come on over and talk over with my site . Thanks =)

  4. Its like you read my mind! You seem to know a lot about this, like you wrote the book in it or something.
    I think that you can do with a few pics to drive the message home a
    bit, but other than that, this is wonderful blog. An excellent read.

    I’ll certainly be back.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button