Andi Makuru

Burundi: Abashinjwa Coup d’état bahungiye mu Rwanda bashobora kubabarirwa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangaje ko yizeye ko u Rwanda ruzageraho rukemera gutanga abakekwaho uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi mu Burundi bagashyikirizwa ubutabera, yongeraho ko bashobora no kubabarirwa.

Ni ubutumwa yatanze ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru ku wa 22 Nyakanga, nyuma yo kumurika ibikorwa Minisiteri ayobora yagezeho mu mwaka wa 2021/2022.

Agaruka ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda umaze imyaka igera kuri irindwi urimo igitotsi, Amb. Shingiro yavuze ko ingingo itarajya mu buryo ari iy’uko u Rwanda rutaremera gutanga abakekwaho kugerageza guhirika ubutetegetsi mu Burundi mu 2015, baruhungiyemo.

Yagize ati “Iyo ni yo ngingo rukumbi isigaye, ibindi bibazo byose byarakemutse.”

Minisitiri Shingiro yavuze ko yizeye ko u Rwanda ruzemera kubatanga bagasubizwa mu gihugu cyabo, nk’uko ikinyamakuru Iwacu cyo mu Burundi cyabitangaje.

Ati “Nta gihugu gishobora kwemera ko ubutwererane bwacyo n’ikindi, byongeye icyo bihana imbibi, buguranwa agatsiko k’abagizi ba nabi kadafite ahazaza mu bya politiki.”

Mu gihe baba basubijwe mu gihugu bakagezwa imbere y’ubutabera, Minisitiri Shingiro yavuze ko bashobora no guhabwa imbabazi na Perezida bakaba bafungurwa.

Yakomeje agira ati “Mu gihe baba bagejejwe imbere y’ubutabera bw’u Burundi bashobora gutangira ibihano, ariko ntawe ubizi ko nyuma y’imyaka runaka batakungukira mu byemezo bitandukanye birimo n’imbabazi za Perezida.”

Yabajijwe niba ibyo u Burundi busaba bitazatambamirwa n’amasezerano mpuzamahanga arengera impunzi, asubiza ko “nta tegeko na rimwe ryo ku rwego mpuzamahanga rirengera abakoze Coup d’état cyangwa abandi banyabyaha.”

Kuri we, ngo abo si impunzi zisanzwe. Yasobanuye ko ibibareba bitandukanye n’ibiteganywa mu masezerano yo mu 1951 agenga impunzi, kandi ko nta sano n’imwe iri hagati y’impunzi n’itsinda ry’abanyabyaha.

Ati “Ndabagira inama yo kwitaba ubutabera aho kuguma mu buhungiro.”

Politiki mpuzamahanga u Burundi bugenderaho buhamya ko yavuguruwe, ni iyo gushyira imbere imibanire myiza n’ibindi bihugu.

Minisitiri Shingiro yavuze ko intambwe yo kuzahura umubano wabwo n’u Rwanda igeze ahashimishije.

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi ziheruka kugirana ibiganiro ku ngingo ijyanye n’abashatse guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza mu 2015.

Ni ibiganiro byabaye ku wa 25 Gashyantare 2022, bihuza Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Ugirashebuja Emmanuel na mugenzi we w’u Burundi, Banyankimbona Domine n’abandi barimo Abashinjacyaha Bakuru ku mpande zombi n’abakora mu nzego z’umutekano.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yavuze ko u Rwanda n’u Burundi ari ibihugu bifite byinshi bihuriyeho kurenza ibibitanya.

Ati “Twishimiye ko umubano wacu uri kugana aheza, bitanzwemo umurongo n’abakuru b’ibihugu byacu. Twagiye tubona inama zahuje inzego zitandukanye mu mezi ashize, ibi biduha icyizere cy’uko ahazaza h’umubano w’ibihugu byacu ari heza ku bw’inyungu z’abaturage bacu.”

Izindi ngingo zaganiriweho na Minisitiri Dr Ugirashebuja na mugenzi we w’u Burundi, ubufasha u Rwanda rwahaye iki gihugu bwo gucyura impunzi zari zarahungiye mu Rwanda nyuma y’imvururu zo mu 2015 aho abarenga ibihumbi 70 bamaze gusubira mu gihugu cyabo.
Igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 27

  1. Very great post. I simply stumbled upon your weblog and wanted to mention that I have really enjoyed browsing your blog posts.
    After all I’ll be subscribing to your feed and I am hoping you write once more soon!

  2. 龚俊姜武孙怡《风过留痕》2026刑侦痕迹检验悬疑陆剧,海外华人首选高清探案,细节烧脑高能,全球加速无广告AI匹配推荐。

  3. Very good blog! Do you have any suggestions for aspiring writers?
    I’m planning to start my own website soon but I’m a little lost on everything.
    Would you propose starting with a free platform like WordPress or go for a paid option? There are so
    many choices out there that I’m totally confused .. Any ideas?
    Thanks!

  4. Appreciating the hard work you put into your site and detailed information you present.
    It’s awesome to come across a blog every once in a while that isn’t
    the same outdated rehashed material. Fantastic read! I’ve saved your site and I’m including your RSS feeds to my Google account.

  5. Wonderful beat ! I would like to apprentice at the same
    time as you amend your site, how can i subscribe
    for a blog web site? The account aided me a acceptable deal.
    I had been a little bit familiar of this your broadcast provided
    vivid transparent concept

  6. Normally I don’t learn article on blogs, but I wish to say that this write-up
    very pressured me to take a look at and do it! Your writing style has been surprised me.
    Thank you, very nice article.

  7. Greate pieces. Keep writing such kind of info on your blog.
    Im really impressed by it.
    Hey there, You have done a great job. I will definitely digg it
    and individually recommend to my friends. I am confident they will be benefited from this
    website.

  8. Thanks for your posting on the traveling industry. I’d personally also like to include that if you are a senior thinking about traveling, it can be absolutely imperative that you buy traveling insurance for seniors. When traveling, golden-agers are at greatest risk of getting a health-related emergency. Buying the right insurance cover package in your age group can look after your health and provide peace of mind.

  9. Simply wish to say your article is as amazing. The clearness in your post is just great and i could
    assume you’re an expert on this subject. Fine with your permission allow me to grab
    your feed to keep up to date with forthcoming post.
    Thanks a million and please carry on the rewarding work.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button