Hehe n’ibishuko byo kurya amafaranga bishyuje, Perezida w’Abahesha b’Inkiko yateguje ko nta muhesha uzajya yishyurwa kuri konti ye

Me NIYONKURU Jean Aime perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga yemeje ko bimwe mu bibazo bahanganye nabyo harimo igikomeye cy’abahesha b’Inkiko barya cyangwa bagatorokana amafaranga y’abandi baba bishyuje, ibintu yemeza ko bigayisha umwuga w’Abahesha b’Inkiko.
Yabivuze kuri uyu wa 09 Gashyantare 2026, mu kiganiro n’abanyamakuru Urukiko rw’Ikirenga n’inzego zifite aho zihurira n’ubutabera bagiranaga n’abanyamakuru, mu rwego rwo gutangiza icyumweru cyo kurwanya ruswa mu nkiko cyatangiye uyu munsi kikazarangira tariki 13 Gashyantare 2026.
Ku kibazo cyari kibajijwe n’umunyamakuru ku mitungo itezwa cyamunara, ariko nyuma cyamunara ikaza guteshwa agaciro nyamara umuhesha w’inkiko yamaze gufata amafaranga.
Mu buryo busa n’aho yabakoreraga ubuvugizi, umunyamakuru yagize ati “Iyo cyamunara iteshejwe agaciro, usanga umuhesha w’inkiko asabwa gusubiza amafaranga, kandi hari ubwo aba yaramaze kuyaha uwatsinze urubanza,” ati “aha rero usanga bavuga ko baharenganira.”
Mu gusubiza iki kibazo, Me Niyonkuru ntiyajuyaje kumuhamiriza ko hari abahesha b’inkiko b’umwuga bajya kurangiriza abaturage imanza “amafaranga bahawe aho kuyashyikiriza ba nyirayo bakaishyirira mu mifuka yabo.”
Mu gusobanura byimazeyo ibibazo by’abahesha b’inkiko, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitille, yamubajije ati “Ubundi umuhesha w’inkiko akurikiranwa kubera iki?….. Ko aba agiye kurangiza icyemezo cy’urukiko kuki akurikiranwa?”
Ni ikibazo cyatumye Me Niyonkuru asasa inzobe, agaragaza ko mu bahesha b’inkiko harimo benshi batari shyashya, agira ati “Nk’ubu ngubu hari abahesha b’inkiko bamaze iminsi batwara amafaranga ya rubanda, ukishyuza uwo wishyurije ntuyamuhe, ukayatwara ukigendera.”
Yakomeje agira ati “Hari aho bihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.”
Yavuze ko kubera iyo mpamvu, ku bufatanye na Banki ya Kigali ndetse na Minisiteri y’Ubutabera hashize icyumweru bafunguje konti izajya inyuzwaho amafaranga abahesha b’inkiko bishyuriza abaturage, ku buryo atazongera kubanyuzwa mu ntoki.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantabana yahereye aha asobanura ko kurangiza imanza bigira amategeko abigenga kandi aba agomba kubahirizwa, asaba Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko guhora bahugura abahesha b’inkiko kuri ayo mategeko, aho bibaye ngombwa bakitabaza Urukiko rw’Ikirenga.
Ahabona




I really enjoy looking through on this site, it contains great content. “A short saying oft contains much wisdom.” by Sophocles.
To err is part of being a human, but do not count on people for forgiveness. I enjoyed reading this. These blogs make me think a lot. Nice read.
You appear to know a lot about this. You are obviously very knowledgeable. I am shocked by the news and I can’t help but to wonder how this might change everyone involved . Hit me up! The people at coin tracker are con artists. Nice write up. Great read. This information is magnificent. I am so thrilled I found your webpage Great read. Thanks for writing this. I’m suprised by the news and I can not help but to think about how this might affect the future. You’ve made my day! Thx again. Some nice points there. You are obviously very knowledgeable. I’ve always been fascinated about the topic , I plan to do more research on the topic some day soon. I am so thrilled I found your webpage
This is an excellent, an eye-opener for sure!
You are a very persuasive writer.
Good job on this article!
Great read. It’s like you read my thoughts! You appear to know a lot about this. You appear to know a lot about this.
Good job on this article!
I truly appreciate this post. Thumbs up! Great post! Your article has proven useful to me.
You’ve made my day! Thx again. This information is magnificent. Your article has proven useful to me. I really like your article. A lot of people are into betting site. Greetings from Maine. This is an excellent, an eye-opener for sure! Good job on this article! Interesting content. Thumbs up! Great post! You are obviously very knowledgeable. Nice read. You’ve made my day! Thx again. Nice read. I really did not even know this was even a possibility. Great post!
Your article has proven useful to me. You are a very persuasive writer. I enjoyed reading what you had to say. Nice write up.