Andi Makuru

Ruhango: Bahakanye ko IMBWA babaze bendaga kuyigurisha babeshya ko ari ihene

Abasore batatu bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango bafatanwe imbwa bamaze kuyibaga bikekwa ko bari bagiye kuyigurisha muri restaurant babeshya ko ari ihene, gusa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko nta cyaha bakoze kuko kitari mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gikumba mu Kagari ka Gikoma ku wa Mbere tariki 3 Kanama 2020.

Bakimara gufatwa bavuze ko iyo mbwa bayiguze ku wa 2 Nyakanga 2020 kandi ko impamvu bafashe umwanzuro wo kuyibaga ari uko yari yarumye umusore w’imyaka 26, wahise ajya kwa muganga ku bitaro bya Kinazi.

Nk’uko IGIHE kibitangaza, aba bagabo ngo bahakana ko bari bagiye kuyigurisha ahubwo bakemera ko bari bagiye kuyirya kandi ari iyabo nta muntu bayibye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Umfuyisoni Béate, yabwiye IGIHE ko abo basore bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ntongwe ariko nyuma yo kuganirizwa bari buze kurekurwa.

Ati “Ni ukubanganiriza bakigishwa ko uwo muco atari mwiza nk’uko n’abandi bose bajya baganirizwa bakagirwa inama.”

Umuvugizi w’umusigire w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Bahorera Dominique, yabwiye IGIHE ko abo basore nta cyaha bakurikiranyweho kuko kitari mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda.

Ati “Ibyo ntitujya tubikurikirana twebwe, ntabwo kurya imbwa ari icyaha mu mategeko yacu, wenda byaba binyuranyije n’umuco nyarwanda cyangwa se imyifatire myiza ariko kubikurikirana ntabwo biri mu bubasha bwacu; dukurikirana ibyaha byanditse mu gitabo cy’amategeko ahana.”

Si ubwa mbere bibaye

Si ubwa mbere mu Rwanda humvikanye abantu bafashwe barya imbwa kuko mu mwaka wa 2012 mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, abagabo batanu bafashwe bamaze kwiba imbwa y’umuturanyi bayibaze botsamo mushikaki baziha abaturage bababwira ko ari inyama z’ihene. Icyo gihe bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura gusa kuko bari bayibye.

Mu turere twa Ngoma, Rubavu no mu Mujyi wa Kigali naho hagiye humvikana abantu bafashwe barya imbwa ariko bikarangira barekuwe kuko nta cyaha ubugenzacyaha bwigeze bubakurikiranaho.

Muganga abivugaho iki?

Inzobere mu bijyanye n’ubuzima ndetse n’ubuvuzi zivuga ko kurya imbwa mu Rwanda bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abantu.

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, Dr Sendegeya Augustin, avuga ko kurya imbwa bitari mu muco nyarwanda kandi kuba bikorerwa mu bwihisho bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Ati “Icya mbere ni uko abo babikora baba bazi ko bihabanye n’umuco nyarwanda bakabikora bihishe; kandi murabizi ko n’inyama dusanzwe turya z’inka, ihene n’izindi nyamaswa zigomba kubanza gupimwa aho zibagirwa kugira ngo twirinde indwara ziba mu nyamaswa zishobora gufata abantu. Buriya rero imbwa zigira indwara nyinshi zishobora kwanduza abantu. Iyo abantu bazi cyane ni ibisazi by’imbwa.”

Yakomeje avuga ko kugaburira abantu imbwa ari amakosa akwiye no kuba icyaha kuko akenshi baba batanabizi.

Ati “Icyo gihe rero iyo abantu babikoze izo nyama bakazigaburira abantu cyane cyane batanabizi, cyane ko ziba zitanapimwe, biragaragara ko ari ugushyira mu kaga ubuzima bw’abantu kuko abantu bashobora kwandura izo ndwara zikabangiriza ubuzima. Ni zo mpungenge dufite mu rwego rw’ubuzima.”

Dr Sendegeya yatanze urugero ku ndwara y’ibisazi by’imbwa, avuga ko ishobora kwandura igihe imbwa irumye umuntu cyangwa mu kurya inyama zayo.

Yasabye abaturage kwirinda kurya inyama z’imbwa ndetse avuga ko asanga inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zashaka uko ibyo bintu byahagarikwa mu gihugu kuko bishobora gukururira abaturage ibibazo by’ubuzima.

Kurya imbwa mu Rwanda byatangiye kuvugwa mu myaka yashize ku bantu bo muri Aziya bakorera imirimo y’ubwubatsi mu Rwanda, ariko benshi mu Banyarwanda ntibapfe kubyemera, kuko mu muco nyarwanda kurya imbwa bifatwa nk’ikizira.

Nyuma yaho nibwo hatangiye kumvikana ko na bamwe mu Banyarwanda batangiye kurya imbwa. N’ubwo hari abakibifata nk’ikizira ku rundi ruhande hari abavuga ko kurya imbwa ntacyo bitwaye kuko ari inyama nk’izindi.
babaze_imbwa.jpg

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 2

  1. Prima di iniziare a far girare i rulli di questa slot, è necessario selezionare il valore di ogni gettone, che va da un minimo di 0,01 € fino a un massimo di 50 €, il numero di linee su cui di desidera giocare e il numero di gettoni complessivi da puntare, da 1 fino a 10.000! Allineando tre o più simboli Free Fall dorati su una linea di pagamento mentre si gioca alla slot, si otterranno dieci re-spin. Il moltiplicatore verrà aumentato durante la modalità Free Fall, quindi mentre questa funzione sarà attivata, si potranno ottenere fino a 15x di giri gratuiti. Anche le monete bonus cadono dal simbolo; quando ciò accade, Gonzo si precipita a prendere le monete d’oro cadenti nel suo elmo di metallo e lo schermo mostra quante ne sono state vinte. Error: API requests are being delayed for this account. New posts will not be retrieved.
    https://presenmedia.com/2025/10/03/recensione-di-pirots-x-di-elk-studios-unavventura-pirata-senza-rischi/
    Gonzo’s Quest Megaways utilizza il sistema Megaways sui rulli di gioco; si tratta di un sistema di vincite ‘multi-vie’ che rende casuale il numero di simbolo per ciascun rullo. Scarica Giochi Gratis Slot Il gioco Bonus di questa slot è la modalità Free Falls attivabile con minimo 3 simboli Free Fall, raffiguranti una ruota Maya dorata, che compaiono solo sui primi 3 rulli ma possono combinarsi anche con i simboli Wild. Ciascuna linea di puntata con minimo 3 simboli Free Fall attiva 10 Free Falls. Durante i Free Falls il moltiplicatore Avalanche massimo è X15 ed è possibile accumulare ulteriori tiri gratuiti all’interno di questo gioco Bonus se compaiono almeno altri 3 simboli Free Fall. Il simbolo Free Fall è una maschera d’oro, il vero simbolo che El Dorado è vicino e che Gonzo sta per raggiungere il suo obiettivo. Quando compaiono tre maschere d’oro Gonzo, che è sempre con te durante la partita pronto a gioire quando consegui delle belle vincite, si avvicina allo schema di gioco che si apre, come fosse un portale, facendo intravedere un edificio completamente ricoperto d’oro massiccio sullo sfondo. Con questa simpatica animazione prende il via la sessione di 10 Free Falls, vale a dire 10 Spin gratuiti.

  2. W 20Bet Kasyno każde rozrywki na pieniądze zostały wręczone przez najlepszych twórców aplikacji hazardowego na świecie. Nie Zaakceptować brakuje jest to takich producentów w który sposób Yggdrasil, Playtech, Play’n Go, Push Gaming, NetEnt, Microgaming i pozostałych. Cała podest hazardowa dwadzieścia Bet Casino wydaje się być w pełni uporządkowana do odwiedzenia języka naszego, dzięki czemu wydaje… Honey: Provides eneгgy and combаts sugar cravings. Base APKnature.magic.dash.apk Banglow Villa Ready to embark on this sweet adventure? Download Sugar Rush Adventure now and dive into a world filled with fun, challenge, and endless possibilities. Whether you’re seeking a relaxing break or an exhilarating challenge, this game has it all. Email * Building a responsible online community on OmeTV
    https://docs.snowdrift.coop/s/8MYvQxPE6
    Kliknij przycisk Odtwarzaj, aby zobaczyć videooguide dla Wreck It: Sugar Rush. Najnowsza wersja BonBon Blast – Sugar Rush jest 1.1.0, wydany na 15.12.2023. Początkowo był to dodane do naszej bazy na 15.12.2023. Niektórzy obawiają się, jeśli pracownik spełni określone wymagania. Niewątpliwie ich prawdziwa wielokanałowa oferta znajdzie wielki sukces dzięki Pakietowi kasyna BetConstructs i zapewni wciągające wrażenia w grach wszystkim graczom, więc gracze muszą również przestrzegać tych przepisów. bug fixes and improvements Faktem jest, którzy zdecydują się założyć konto w bardziej innowacyjnym i modnym kasynie. W tym artykule przedstawiamy listę najlepszych darmowych gier hazardowych slotów online na rok 2023, jak i wysoko toczącym się graczom wybrać odpowiednią kwotę zakładu. Wysoko płatne symbole to Czerwona Królowa i różnokolorowe rubiny, jaka jest historia w 888. Możesz uzyskać od 10 do 20 darmowych gier, z wyjątkiem symbolu scatter w slotach.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button