Andi Makuru

Blinken wa USA yasabye Kagame na Tshisekedi ‘gukura abasirikare ku mupaka’

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken avuga ko yavuganye na Perezida w’u Rwanda na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku mwuka w’ubushyamirane ku mupaka w’ibihugu byombi.

Matthew Miller, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika, avuga ko ku wa mbere Blinken yavuganye kuri telefone na Perezida Paul Kagame na Perezida Félix Tshisekedi buri umwe ukwe, bavugana “ku bintu byifashe nabi no ku makuba ajyanye n’imibereho arimo kuba nabi kurushaho” ku mupaka w’ibihugu byombi.

Mu itangazo, Miller avuga ko Blinken yabwiye Kagame na Tshisekedi ko ashyigikiye “umuti unyuze mu nzira ya diplomasi [ubwumvikane] ku bushyamirane hagati y’ibi bihugu bibiri”.

Yanashishikarije buri ruhande “gufata ingamba zo guhosha uko ibintu bimeze, harimo no gukura abasirikare ku mupaka”.

Blinken avuze ibi nyuma yuko kuva mu ntangiriro y’Ukwakira (10) imirwano yongeye kubura hagati y’umutwe w’inyeshyamba wa M23 n’ingabo za DR Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro izishyigikiye, nyuma y’amezi atandatu yari ashize muri rusange hari agahenge.

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda byavuze ko Kagame yongeye kubwira Blinken ko ashyigikiye cyane gahunda zikomeje zo ku rwego rw’akarere zigamije “kuzana amahoro n’ituze” muri DR Congo no mu karere.

Nta cyo uruhande rwa leta ya DR Congo ruratangaza ku mugaragaro kuri icyo kiganiro Perezida Tshisekedi yagiranye na Minisitiri Blinken.

Ku wa mbere, amakuru yavugaga ko imirwano ikaze yakomeje, M23 yisubiza uduce tumwe turi mu birometero bikeya uvuye mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu ya Ruguru, mu burasirazuba bwa DR Congo.

Bitangazwa henshi, nko muri raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye, ko inyeshyamba za M23 zifashwa n’u Rwanda, ikirego u Rwanda rwakomeje guhakana.

Muri Kanama (8) uyu mwaka, Minisitiri Blinken na bwo yari yaganiriye kuri telefone na Perezida Kagame, ku “bintu byifashe nabi ku mupaka hagati y’u Rwanda na DR Congo”.

Mbere yaho muri Kanama mu 2022, mu ruzinduko yagiriye mu bihugu byombi, Blinken yari yasabye Kagame na Tshisekedi guhosha umwuka w’ubushyamirane no gutuma umutekano ugaruka mu burasirazuba bwa DR Congo.

Intambara hagati ya M23 na FARDC yongeye kubura kuva mu mpera y’umwaka wa 2021.

BBC

Inkuru bijyanye

Igitekerezo kimwe

  1. Pour commencer, le joueur recherche le titre Vortex dans la section casino ou machines à sous afin de vérifier la présence du vortex casino en ligne. Une fois confirmé, il crée un compte en remplissant le formulaire d’inscription avec ses informations personnelles et en validant son identité conformément aux règles françaises. Après l’activation du compte, le joueur effectue un premier dépôt via carte bancaire ou portefeuille électronique. Il peut alors lancer une partie, placer ses mises et encaisser ses gains au moment voulu. Enfin, il effectue une demande de retrait sécurisée pour transférer ses fonds sur son compte bancaire. A titre de rappel, Vortex Edge est une plateforme gratuite, mais vous devez faire un premier dépôt de 250 $ pour pouvoir trader les crypto-monnaies sur cette plateforme. A noter que vous y trouverez plusieurs options de paiement. Il vous revient de choisir le mode de paiement que vous désirez.
    https://ricksdrivertraining.com/big-bass-bonanza-lessor-dun-classique-du-casino-en-ligne-chez-les-joueurs-tunisiens/
    La notoriété croissante d’Ixon lui permet de se développer à l’échelle internationale. Au cours des années 2000, ses équipements moto s’exportent sur les continents européen, asiatique, américain et australien. Présente dans plus de 70 pays, la marque française devient une référence dans son secteur d’activité. Sa réputation tient, entre autres, à sa force d’innovation, à son style caractéristique et à la qualité de ses produits. Click & collect Naviguer dans le processus de prêt avec Vortex Finance est conçu pour être efficace et convivial pour les clients. Nous comprenons les défis auxquels de nombreuses personnes sont confrontées avec les prêts bancaires traditionnels et nous efforçons de fournir une alternative plus accessible. En nous concentrant sur les capitaux propres et en simplifiant le processus de demande, nous aidons nos clients à obtenir le financement dont ils ont besoin de manière rapide et sans stress.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button