Andi Makuru

ICYO MINISANTE IVUGA KU MPAMVU Y’IZAMUKA RIKABIJE RY’IMIBARE Y’ABANDURA COVID-19

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko kugira ngo u Rwanda rube igihugu gitekanye kizira Covid-19, ubuzima bwongere gusubira uko bwahoze, hakenewe uruhare rufatika rwa buri wese mu kwirinda no kurinda abandi kwandura iki cyorezo.

Ni kenshi muri raporo ya buri munsi ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ishusho ya Covid-19, abantu bagiye bakangarana babonye umubare munini w’abanduye bashya ariko uretse ku wa 23 Kamena 2021, nta wundi munsi abanduye bigeze bagera kuri 900.

Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu Cyumweru kimwe, ni ukuvuga kuva ku wa 17 Kamena -23 Kamena 2021, abantu bamaze kwandura Covid-19 ni 4085.

Ni muri iki Cyumweru kandi hagiye hagaragara abanduye benshi umunsi umwe kuko nko ku wa 21 Kamena handuye abantu 622, ku wa 22 Kamena handura abantu 861 mu gihe mu masaha 24 yo ku wa 23 Kamena 2021, habonetse abarwayi bashya 964.

Ibi bivuze ko muri iyi minsi itatu ishize ari iy’amateka mashya ya Covid-19 mu Rwanda kuko urebye n’umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo muri iyo minsi itatu ni 15.

Minisiteri y’Ubuzima yabwiye IGIHE ko kugeza ubu abarwayi bangana na 96%, bari kwitabwaho bari iwabo mu ngo naho abandi basigaye bari mu bigo byita ku barwayi ba Covid-19 [Treatment Centers] bya Nyarugenge na Kanyinya.

Muri rusange uko imibare y’abandura yiyongera ni ko n’abarwayi bakenera kwitabwaho biyongera kuko ubu abarwaye bose ni 6.129 barimo 12 barembye. Ni mu gihe umubare w’abakira uri kugabanyuka kuko bakize mu masaha 24 yashize hakize abantu 22 gusa.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel yavuze ko impamvu ziri gutuma imibare y’abandura n’abahitanwa na Covid-19 yiyongera zishingiye cyane ku kudohoka kw’Abanyarwanda ku bijyanye no kubahiriza amabwiriza yashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Ati “Muri iyi minsi ishize, imibare y’abandura Covid-19 ndetse n’abajyanwa mu bitaro yongeye kuzamuka, zimwe mu mpamvu zibitera ni uko habayeho kudohoka kwa benshi ndetse no kudakurikiza ingamba zo kwirinda.”

Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo urukingo rugere ku bantu benshi bashoboka, nibura 60% y’Abanyarwanda bose. Mu gihe aba bantu bazaba barakingiwe, inzego zishinzwe ubuzima zivuga ko ari bwo ibintu bishobora kuzasubira mu murongo byahozemo Covid-19 itaraza.

Kuva ibikorwa byo gukingira Coronavirusi mu Rwanda bitangiye ku wa 5 Werurwe 2021, abagera ku 391.058 ni bo bamaze guhabwa inkingo za COVID-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca na Pfizer.

Covid-19 itembera mu mwuka

Minisitiri Dr Ngamije avuga ko uburyo iki cyorezo cyandura n’uko gikwirakwira muri rusange buteye inkeke ari na yo mpamvu abaturage basabwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho n’inzego zishinzwe ubuzima.

Ati “Tugomba gufata ingamba zikaze kurushaho ndetse tukanazishyira mu bikorwa uko bikwiye tutararengwa n’iki kibazo nk’uko byagiye bigaragara no mu bindi bihugu.”

Yakomeje agira ati “Ubushakashatsi bumaze kwemeza ko iyi virusi itembera mu mwuka kandi igakwirakwira mu bantu igihe bari ahantu hafunganye kandi hatageramo umwuka wo hanze uhagije, bityo haba harimo urwaye akanduza abari kumwe na we ahumetse, avuze cyangwa se akoroye.”
Yasabye abafite ibikorwa by’ubucuruzi n’abakozi mu nzego zitandukanye kwirinda gukorera ahantu hafunganye ndetse ho bishoboka ko bakorera hanze bakaba babikora kugira ngo birinde.

Ati “Nimucyo twiyemeze gukorera imirimo yacu hanze aho bishoboka, dufungure amadirishya kugira ngo twinjize umwuka mwiza cyane cyane mu mashuri, aho dukorera n’ahandi hose hatangirwa serivisi ku bantu benshi nk’amavuriro, banki cyangwa se ibiro by’ahakorera inzego z’ubuyobozi, imodoka zitwara abagenzi zikwiye gufungura amadirishya mu gihe cy’urugendo.”

Inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Covid-19, zisaba abashinzwe gufasha abinjira mu nyubako zihuriramo abantu benshi kubigira inshingano kwibutsa ababagana gukaraba neza intoki, kwambara neza agapfukamunwa no kubakumira kugira ngo batabyigana igihe bagiye kwinjira.

Minisitiri Dr Ngamije ati “Uruhare rwa buri wese mu gukumira ikwirakwizwa rya Covid-19 ni byo bizahagarika ukwiyongera k’ubwandu bw’iki cyorezo. Twese hamwe nta n’umwe udohotse tugire uruhare rufatika mu kwirinda no kurinda abandi, ni byo bizadufasha mu kugira igihugu gitekanye kizira Covid-19.”

Muri rusange abaturarwanda barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo, barasabwa kandi kwirinda kwikorakora mu maso, ku izuru no ku munwa ndetse bakishyurana bakoresheje ikoranabuhanga aho bishoboka hose.
minisitiri_ngamije-2.jpg
ni_ubwa_mberbbad-7b020.jpg

Inkuru bijyanye

Igitekerezo kimwe

  1. Last year’s defeat resulted in OpTic’s roster being blown up, except for FormaL, with a hand-picked superteam of stars hoping to put OpTic back at the top of Halo. Gates of Olympus is a six reel, five row slot. Match 8-30 symbols anywhere on the grid to win. Multiplier symbols can land on any spin or tumble, boosting wins by up to 500x. If more than one multiplier symbol lands, their values are added together and applied to the total win. Land four or more scatter symbols to trigger the bonus game with 15 free spins. Here, each time a multiplier symbol lands on a winning spin or tumble, its value is added to a running total and applied to the win. Overall, the future of Halo esports is in a very uncertain place. Overall, the future of Halo esports is in a very uncertain place. The Altar of Peace expressed a doctrine of harmony with nature, one that acknowledged the implacability of the seasons and the need for humility before the forces of nature and time. Seasons may change their identity, as they did in classical myth and iconography, or even their behaviour, as in the context of modern climate change, but no-one can stop their cyclical dance. The divine Augustus recognised this, willing to acknowledge his accountability to the (super)natural. There may be a lesson there.
    https://turnbrink-capital.com/2025/11/03/aloha-cluster-pays-slot-online-best-uk-casinos-for-2024/
    One of the most popular online casinos in New Zealand are so-called $1 Deposit Casinos. These casinos are popular in NZ because you only have to deposit NZ$1 when you want to play casino games. Majority of $1 deposit casinos in NZ offer you a serious bonus on top of that deposit. We personally like the casinos because you can try a few of them even when you have a small budget. You don’t have to play with large sums of money when you choose one of the minimum deposit casinos in New Zealand. Can you win real money at a casino with a bitcoin bonus? Gates of olympus casino winning Tactics for Online Pokies in Australia, this set of symbols inherits all functions from their parents. Finally, and you don’t need to download the casino app. The Bonus Crab isn’t just about what you win—it’s about how you win it. New Zealand players appreciate the extra layer of fun and unpredictability. It breaks the routine of deposit-claim-play and makes the bonus experience feel more like a game in itself. Plus, it gives players a real shot at stacking even more rewards on top of an already massive welcome offer.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button