Andi Makuru

Perezida Kagame yageze muri Jamaica mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi 3

Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Jamaica, Andrew Holness, aho byitezwe ko aba bayobozi bombi bazagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Muri uru ruzinduko, Umukuru w’igihugu azageza imbwirwaruhame ku Nteko Ishinga Amategeko ya Jamaica. Biteganyijwe ko ibihugu byombi bizashyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bya dipolomasi n’ibindi.

Perezida Kagame kandi azashyira indabo ku mva ya Marcus Garvey ari na we ntwari ya Mbere ya Jamaica.

Jamaica ni igihugu gituwe na miliyoni 2,9 kikamenyekana cyane ku muco wihariye kigira, aho 90% by’abagituye ari Abirabura. Iki gihugu ni cyo cyatangirijwemo ibitekerezo bya ’Rastafarianism’ byageze no mu Rwanda, mu gihe kandi ari cyo cyatangirijwemo injyana zakunzwe ku Isi nka Reggae na Dancehall.

Hashize igihe Jamaica ishyira imbaraga mu guteza imbere umubano wayo na Afurika, dore ko nubwo benshi mu batuye iki gihugu bakomotse muri Afurika, impande zombi zitari zisanzwe zifitanye umubano wihariye mu bijyanye n’ubucuruzi n’izindi nzego.

fqqux_kx0auidg_-254d1.jpg

Inkuru bijyanye

Igitekerezo kimwe

  1. Insightful read! I found your perspective very engaging. For more detailed information, visit: READ MORE. Eager to see what others have to say!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button