Andi Makuru

Perezida Kagame ku mutwe wa Commonwealth, Madame Scotland yongerewe indi manda nk’umunyamabanga mukuru

Perezida Kagame yatangiye inshingano zo kuyobora Umuryango wa Commonwealth muri manda y’imyaka ibiri, asimbuye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, wari ufite izi nshingano.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagize Commonwealth yateranye kuri uyu wa Gatanu kandi yagennye ko Patricia Scotland akomeza kuba Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere kugira ngo abashe kuzuza imyaka ine ya manda.

Manda y’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth ubusanzwe imara imyaka ine. Gusa amatora yagombaga kuba mu 2020 ntiyaba kubera icyorezo cya Covid-19. Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma yagennye ko Scotland akomeza kuyobora uyu muryango akuzuza imyaka ine.

Scotland yari ahanganye n’umukandida watanzwe na Jamaica, Kamina Johnson Smith.

Kamina Johnson Smith asanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi Mpuzamahanga wa Jamaica. Afite n’inshingano zo kuba Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Nyuma yo kudatorerwa uyu mwanya, yashimiye ibihugu byamubaye hafi muri uru rugendo, avuga ko bisa n’aho Imana yashatse ko akomeza gukorera igihugu cye atagiye ahandi.

Ati “Imana ntiyari yiteguye ahari ko mva muri Jamaica. Ndabakunda cyane, nzakomeza gukorana umuhate kandi ndashimira Scotland.”

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame ni we ugiye kuyobora Umuryango wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere.

Ubusanzwe igihugu cyakiriye inama ya CHOGM gihita gifata n’inshingano zo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’imyaka ibiri, kugeza ku nama itaha.

Perezida Kagame yasimbuye Johnson wari ufite izi nshingano guhera mu 2018, yagombaga kuzishyikiriza u Rwanda mu 2020 gusa inama y’uyu muryango ntiyaba kubera icyorezo cya Covid-19.

Mu gutangiza iyi nama, Boris Johnson yagize ati “Mu gihe mpererekanya izi nshingano [zo kuyobora Commonwealth] na Perezida Kagame, inshuti n’umufatanyabikorwa, ndabizi neza ko duhuje kumva kimwe icyerekezo cya Commonwealth bijyanye na gahunda mpuzamahanga zungukira abaturage bacu.”

Igihe

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 56

  1. Я оцениваю использование автором разнообразных источников, что позволяет получить всестороннюю информацию.

  2. We’re a bunch of volunteers and starting a new scheme in our community. Your web site offered us with valuable info to work on. You’ve done an impressive task and our entire group will likely be thankful to you.

  3. I like the helpful information you provide to your articles. I’ll bookmark your blog and take a look at again right here regularly. I am rather certain I’ll learn many new stuff proper here! Best of luck for the next!

  4. I blog often and I genuinely appreciate your content. Your article has truly peaked my interest. I am going to take a note of your site and keep checking for new information about once a week. I subscribed to your RSS feed as well.

  5. Я хотел бы подчеркнуть четкость и последовательность изложения в этой статье. Автор сумел объединить информацию в понятный и логичный рассказ, что помогло мне лучше усвоить материал. Очень ценная статья!

  6. 578723 493776Jane wanted to know though your girl could certain, the cost I merely informed her she had to hang about until the young woman seemed to be to old enough. But the truth is, in which does not get your girlfriend to counteract making use of picking out her very own incorrect body art terribly your lady are normally like me. Citty style 405224

Leave a Reply to https://automotobus.ru/ Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button