Andi Makuru

Kandidature ya Moise Katumbi ni ikibazo kuri Tshisekedi

Nyuma yo gutangaza ko azaba umukandida perezida mu matora yo mu Ukuboza 2023, Moïse Katumbi yabaye ikiganiro mu mpande zose za DR Congo kuva abitangaje mu kiganiro na France 24 na RFI kuwa gatanu.

Katumbi avuga ko ishyaka rye kuva none kuwa mbere tariki 19 Ukuboza ritangira igikorwa cyo kumwemeza nk’umukandida waryo.

Uyu ni umugabo uvuga rikijyana muri Congo kandi uri mu batunze kurusha abandi muri iki gihugu, nyuma yo kuba guverineri w’intara ya Katanga igihe kinini, kuba nyiri ikipe izwi cyane ya Tout Puissant Mazembe, no guhura n’ingorane ubushize ubwo yashakaga kwiyamamariza gutegeka iki gihugu.

Mu gutangaza ko aziyamamaza, Katumbi yatandukanye na Félix Tshisekedi bari bahuriye mu mpuzamashyaka Union Sacrée, abasesenguzi bavuga ko nta kabuza Tshisekedi atakaje umuntu ukomeye ariko by’umwihariko uhise ahinduka umucyeba we.

Mbere y’uko atorwa mu 2019, aho yari ahanganye cyane na Joseph Kabila, Tshisekedi yumvikanye avuga ko Katumbi ari inshuti ye kandi ko ari “umugabo uhamye, udafite amabi” ndetse ko basangiye “intego yo kubohora Congo”.

Ariko atangaza ko aziyamamaza, Katumbi yavuze ko yatanze inama ze mu mpuzamashyaka yabo “ariko ibintu bikomeza kuzamba”, ati: “ngomba kurokora abanyagihugu bari mu kaga.”

Ariko kandi mu buryo busa n’ubwo gusesereza Tshisekedi kubera amarangamutima yigeze kugaragaza, yongeraho ati: “Nzaba perezida utarira, nzaba perezida ubona ibisubizo ku gihugu cye.”

Abanyecongo benshi ku mbuga nkoranyambaga bagarutse kubyo Katumbi yatangaje ndetse n’aho yabitangarije. Abamushyigikiye n’abamunenga hafi kungana.

Baudouin Mayo wigeze kuba minisitiri w’ingengo y’imari wa Congo yagarutse ku bwenegihugu bwa Katumbi bwakomeje kuba izingiro ry’impaka no mu myaka ishize.

DR Congo ni igihugu kitemera ubwenegihugu bwinshi, uba umunye-Congo cyangwa se ugahitamo kuba umunyamahanga iyo ufashe ubundi bwenegihugu.

Muri video yatangaje, Mayo yagize ati: “Rimwe ni umu-Zambia, ubundi ni umuyahudi, ubundi ni umutaliyani… Moïse Katumbi yatakaje ubwenegihugu bwa Congo”.

Uyu yongeraho ko “Umwanya wa Perezida wa Repubulika ugenewe abanye-Congo gusa.”
BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 13

  1. When I initially commented I clicked the “Notify me when new comments are added” checkbox and now each time a comment is added I get four emails with the same comment.
    Is there any way you can remove people from that service?
    Thanks!

  2. Pretty nice post. I just stumbled upon your
    weblog and wanted to say that I have really enjoyed surfing around your blog
    posts. After all I will be subscribing to your rss feed and I hope you write
    again very soon!

  3. Fantastic post but I was wondering if you could write
    a litte more on this subject? I’d be very thankful if you could elaborate a little bit further.

    Appreciate it!

  4. Admiring the persistence you put into your site and in depth
    information you present. It’s nice to come across a blog every
    once in a while that isn’t the same out of date rehashed material.
    Great read! I’ve bookmarked your site and I’m adding your
    RSS feeds to my Google account.

  5. Theѕe facilities play ɑ crucial role іn diversifying ߋur energy sources.
    Tһey provide a reliable, local energy source tһаt’s ⅼess vulnerable to larɡe-scale outages.

    Financing tһеѕе facilities cօuld be challenging fօr smalleг cities.
    It wouⅼd bе interesting to explore funding models tһat coulⅾ make tһis technology m᧐re
    accessible.

    Нere is my web site … generator motor replacement

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button