Andi Makuru

Vatikani: Papa Benedicto 16 yashyinguwe mu buryo bufite umwihariko

Papa Francis yayoboye umuhango wo gushingura Papa Benedict i Vatikano, rimwe akanyuzamo agakora ku sanduku ye ikoze mu mbaho mu misa yo kumusezeraho yabereye ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero.

Bwabaye ubwa mbere kuva mu 1802 Papa uriho ayobora umuhango wo gushyingura uwamubanjirije.

Benedict, wagenderaga ku murongo wa teorojiya ya kera, yatangaje isi igihe yeguraga mu 2013 ku ntebe y’umushumba wa Kiriziya Gatulika, akavuga ko “atari agifite intege z’ubwenge n’umubiri” zikenewe.

Umurambo we washyinguwe mu mva iri muri Basilika ya Mutagatifu Petero, muri uwo mwana inzogera zikaba zavugijwe mu cyaro cyo mu Budage aho Joseph Ratzinger yavukiye hashize hafi imyaka mirongo icyenda n’itandatu.

Abantu barenga 60,000 bakoraniye ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero i Vatican muri misa yabanjirije umuhango wo gushyingura Papa Benedict XVI wapfuye mu ijoro rishyira uyu mwaka mushya afite imyaka 95.

Uyu muhango ntabwo warusanzwe, kuko wayobowe na Papa Francis warurimo gushyingura uwo yasimbuye, ibintu by’imbonekarimwe mu mateka ya Kiliziya.

Bigendanye n’uburyo yasize abisabye – ko uyu muhango waba uciye bugufi kandi woroheje – umurambo we waruri mu isanduku isanzwe y’urubaho kandi wari utwawe ku mbaho zambitswe igitambaro ubwo wasohorwaga muri Bazilika.

Abategetsi b’Ubutaliyani n’Ubudage, igihugu yavukiyemo akitwa Joseph Ratzinger, mbere y’uko aba umushumba wa Kiliziya Gatolika, nibo gusa batumiwe mu buryo buzwi na Vatican. Ibi kubera ko apfa atari akiri umukuru wa leta ya Vatican.

Gusa abandi bategetsi benshi b’iburayi barimo nyina w’umwamikazi wa Espagne, n’Umwami Filipo w’Ububiligi n’umugore we Mathilde bahageze.

Abakuru b’ibihugu bya Pologne, Slovenia, Portugal na Hungary nabo bagiye i Roma, kimwe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Gerard Darmanin.

Itorero Orthodox ry’Uburusiya ryari rihagarariwe muri uyu muhango na Anthony of Sourozh.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’abasenyeri barenga 400, abapadiri 4,000, n’ababikira benshi.

Mu minsi itatu ishize abasaga 200,000 baje gusezera ku murambo wa Papa Benedict wari muri Bazilika ya Mutagatifu Petero, ariko mu 2005 abarenga miliyoni eshatu baje mu gikorwa nk’icyo naho 500,000 bakitabira umuhango wo kumushyingura, abandi ibihumbi amagana bakawukurikira kuri za televiziyo rutura mu mujyi wa Vatican.

Ubu biratandukanye. Benedict ntabwo yari akiri Papa ufite inkoni y’ubushumba ubwo yapfaga, bitandukanye n’inshuti ye ikomeye Yohani Pawulo wa II washyinguwe n’Uruvuganzoka rwarimo ibikomerezwa n’abihaye Imana benshi. Cyakora Papa Benedigito nubundi yari yarasabye ko yazashyingurwa muburyo buciye bugufi.

BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 68

  1. Wonderful site you have here but I was curious about if you knew of any message boards that cover the same topics talked about in this article?
    I’d really love to be a part of online community where I can get feed-back from other experienced individuals that share the same interest.
    If you have any recommendations, please let me know. Thanks!

  2. At first, I wasn’t undeviating if CBD gummies would in reality do anything, but after a match up of weeks of taking them like https://www.cornbreadhemp.com/products/thc-gummies-10mg for sleep, I can rephrase they’ve helped a lot. Normally my thinker races at darkness and I can’t determine down, but hither 45 minutes after fascinating harmonious, I start to perceive more relaxed and drifting postponed is much easier. The nice to some extent is I don’t experience esoteric or unsteady in the morning. They are a bit on the expensive side, but as a replacement for nights when I remarkably need apposite inactivity, they’ve been good it.

  3. I’ve been using indica thc tincture regular seeing that all about a month nowadays, and I’m justifiably impressed at near the uncontested effects. They’ve helped me perceive calmer, more balanced, and less solicitous throughout the day. My forty winks is deeper, I wake up refreshed, and straight my core has improved. The trait is distinguished, and I appreciate the accepted ingredients. I’ll definitely keep buying and recommending them to everyone I identify!

  4. Please let me know if you’re looking for a writer for your
    site. You have some really good posts and I think I would be a good asset.
    If you ever want to take some of the load off, I’d love to write
    some articles for your blog in exchange for a link back to mine.
    Please shoot me an e-mail if interested. Thank you!

Leave a Reply to hot girl đi khách Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button