Urukiko rwo muri Amerika rwateye utwatsi ikirego gishinja u Rwanda gushimuta Rusesabagina
Umucamanza mu rukiko rw’i Washington D.C muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatesheje agaciro ikirego cy’umuryango wa Rusesabagina Paul wareze u Rwanda kumushimuta no kumukorera iyicarubozo.
Muri iki kirego cyatanzwe umwaka ushize, umuryango wa Rusesabagina wakatiwe imyaka 25 y’igifungo, uvuga ko ‘yabeshywe akajyanwa mu Rwanda akuwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yabaga nk’impunzi, akaba yarashimuswe hishwe itegeko ry’ubudahangarwa ku busugire bw’igihugu cy’amahanga’.
Bavugaga ko Leta y’u Rwanda n’Umukuru warwo ndetse n’uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Ambasaderi Johnston Busingye bagize uruhare mu cyo bise ‘ishimuta’ rya Rusesabagina akagezwa mu Rwanda.
Uyu muryango ukomeza uvuga ko nyuma yo kugera mu maboko ya Leta y’u Rwanda, Rusesabagina “yakorewe iyicarubozo ndetse agafungwa binyuranyije n’amategeko”.
Ibyo ubiheraho uvuga ko uyu mugabo akwiriye kurekurwa ndetse Leta y’u Rwanda igatanga impozamarira za miliyoni 400$ (arenga miliyari 409Frw).
Icyemezo cy’urukiko cyo kuri uyu wa 23 Mutarama 2023, cyashimangiye ko u Rwanda rutigeze rushimuta Rusesabagina. Umucamanza Richard J. Leon, yavuze ko ikirego kidafite ishingiro ko nta cyerekana ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bw’ibindi bihugu.
Mu iburanisha, urukiko rukuru rwanzuye ko Rusesabagina washakishwaga n’ubucamanza nk’uko bwabivuze – ari we ubwe wizanye i Kigali ‘ashutswe’ azi ko agiye i Bujumbura, bityo ko atashimuswe.
Umwunganizi wa Rusesabagina witwa Steven R. Perles, yavuze ko umukiliya we yasindishijwe akajyanwa mu Rwanda, inzego z’umutekano zikamuta muri yombi, zikamukorera iyicarubozo ndetse agafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubwo uru rubanza rwatangira, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yari yavuze ko Abanyarwanda badakwiye kugira impungenge kuko Leta yabo yiteguye.
Ati “Icyo abantu bagomba kumenya ni uko niba hari uwatanze ikirego arega Leta y’u Rwanda, Leta y’u Rwanda nayo ifite uburyo nayo igomba gusubiza icyo kirego, ifite uburyo igomba gushyiraho abavoka n’imyanzuro baba bagomba gukora kandi bakabitanga mu gihe.”
“Bivuze ngo rero abantu ntibagire impungenge igihe cyatanzwe kizagera Leta y’u Rwanda nayo yagize ibyo ikora yasabwe, abavoka barahari ibyo bagomba gukora barabizi ni inshingano zabo nta mpungenge zihari haba kuba biteguye ndetse haba no kuba bazasubiza ibibazo byabajijwe ndetse n’urubanza nirukomeza biteguye kuburanira Leta y’u Rwanda.”
Kuva Rusesabagina yafatwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, umuryango we ntiwigeze wemera ibyaha aregwa ahubwo wakomeje gukubita hirya no hino ushaka uko Leta y’u Rwanda yashyirwaho igitutu ikamurekura.
Urukiko rw’Ubujurire ruherutse kugumishaho igihano cy’imyaka 25 cyari cyarahawe Paul Rusesabagina, kubera uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba byakozwe n’umutwe MRCD/FLN yari abereye umuyobozi.
Ni igihano yahawe nyuma yo guhamwa ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bitero byagabwe n’Umutwe wa MRCD/FLN mu bice bitandukanye by’igihugu mu Turere twa Nyaruguru, Nyamasheke, Nyamagabe na Rusizi, byiciwemo abaturage icyenda, hatwikwa imodoka ndetse hanasahurwa imitungo mu myaka ya 2018/2019.
Abagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe wa Rusesabagina bagera kuri 90 bo mu turere twa Nyaruguru, Rusizi na Nyamagabe basabye impozamarira za miliyari 1. 6 Frw.
Igihe




It is not my first time to go to see this web page, i am visiting this site dailly and get fastidious information from here every day.|
Cheers to every architect of tomorrow!
ОџО№ ОјОµОіО±О»ПЌП„ОµПЃОµП‚ ПѓП„ОїО№П‡О·ОјО±П„О№ОєОП‚ ОµП„О±О№ПЃОЇОµП‚ ПѓП„ОїОЅ ОєПЊПѓОјОї ПЂПЃОїПѓПЂО±ОёОїПЌОЅ ОЅО± О±ОЅО±ПЂП„ПЌОѕОїП…ОЅ ПѓП‡ОПѓОµО№П‚ ОµОјПЂО№ПѓП„ОїПѓПЌОЅО·П‚ ОјОµ П„ОїП…П‚ ПЂОµО»О¬П„ОµП‚ П„ОїП…П‚. ОњОПѓП‰ ОґО№О±П†О¬ОЅОµО№О±П‚ ОєО±О№ О±ОЅОїО№ОєП„О®П‚ ОµПЂО№ОєОїО№ОЅП‰ОЅОЇО±П‚, ОїО№ ОµП„О±О№ПЃОµОЇОµП‚ ОїО№ОєОїОґОїОјОїПЌОЅ ПѓП‡ОПѓОµО№П‚ ОјО±ОєПЃОїП‡ПЃПЊОЅО№О±П‚ О±ОѕОЇО±П‚. . Оџ ПѓП„ПЊП‡ОїП‚ П„ОїП…П‚ ОµОЇОЅО±О№ ОЅО± ОµОѕО±ПѓП†О±О»ОЇПѓОїП…ОЅ П„О·ОЅ О№ОєО±ОЅОїПЂОїОЇО·ПѓО· ОєО±О№ П„О·ОЅ О±ОЅО±ОіОЅП‰ПѓО№ОјПЊП„О·П„О± ПѓП„О·ОЅ О±ОіОїПЃО¬.
The popularity of mobile apps among bettors is a trend that the largest betting companies in the world have embraced wholeheartedly. They have invested heavily in developing user-friendly applications that enhance the betting experience. This focus on mobile compatibility has proven beneficial, drawing in tech-savvy users.
ОїО№ ОјОµОіО±О»П…П„ОµПЃОµП‚ ПѓП„ОїО№П‡О·ОјО±П„О№ОєОµП‚ ОµП„О±О№ПЃО№ОµП‚ ПѓП„ОїОЅ ОєОїПѓОјОї ОєО±О№ О· П„О®ПЃО·ПѓО· ОєО±ОЅПЊОЅП‰ОЅ – п»їhttps://onlinecasinoforeign.com/the-largest-betting-companies-in-the-world/
May fortune walk with you as you anticipate brilliant successes !