Andi Makuru

Rwanda: Jean Twagiramungu woherejwe n’Ubudage yahamijwe jenoside akatirwa gufungwa imyaka 25

Urugereko rw’urukiko rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwakatiye Jean Twagiramungu gufungwa imyaka 25 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside yakoreye mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.

Twagiramungu wahoze ari umwalimu mu ishuri ryisumbuye rya EAV Kaduha, yafatiwe mu Budage aregwa ibyaha bya jenoside ahafungirwa imyaka ibiri mbere yo koherezwa mu Rwanda mu 2017.

None kuwa kane, Urukiko rusoma umwanzuro warwo, rwavuze ko rwashingiye ku buhamya bushinja n’ubushinjura Twagiramungu bwatanzwe mu rukiko ku ruhare yakekwagaho mu bwicanyi ku batutsi ahitwa i Mbazi, kuri komine Musange, no ku Kiliziya ya Cyanika.

Twagiramungu wari warakatiwe gufungwa burundu n’urukiko gacaca, yaburanye uru rubanza rumaze imyaka hafi itanu ahakana ibyaha yashinjwaga.

Urukiko rwavuze ko imvugo z’abatangabuhamya bamwe bemeza ko bamubonye mu bitero bitandukanye zifite ishingiro kandi zigize ibimenetso ku byaha aregwa.

Rwavuze ariko ko hari izindi mvugo z’abatangabuhamya zidashobora gushingirwaho kuko basanze zirimo “kuvuguruzanya gukomeye” no “kutagira ibimenyetso” byamuhamya icyaha.

Urukiko rwavuze ko nubwo nta kimenyetso cyerekana ko Twagiramungu ubwe yishe Abatutsi, ariko hari ibigaragaza ko yagiye agaragara aharimo kubera ubwicanyi nk’i Mbazi no ku Kiliziya ya Cyanika, ari kumwe n’abapolisi, abasirikare, n’interahamwe na bamwe mu bategetsi bashyize mu bikorwa uwo mugambi wa jenoside.

Umucamanza yavuze ko ashingiye ku gikorwa yakoze cyo kujya mu bitero, rusanga ahamwa n’icyaha cya jenoside, amukatira gufungwa imyaka 25.

Umucamanza amaze kuvuga ibyo, Twagiramungu yahise ahaguruka abwira urukiko ko ajuririye iki gihano.

bbc

Inkuru bijyanye

Igitekerezo kimwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button