Andi Makuru

DR Congo: Amerika yemereye miliyoni $5 uwatanga amakuru yatuma umukuru wa ADF afatwa

Amerika yatangaje igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari (angana na miliyari 5 z’amafaranga y’u Rwanda) ku muntu wese watanga amakuru yatuma hafatwa Seka Musa Baluku, umukuru w’umutwe w’inyeshyamba wa ADF wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ufitanye imikoranire n’umutwe wiyita Leta ya Kisilamu (IS).

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yavuze ko uyu mukuru wa ADF urimo gushakishwa ari Umunya-Uganda ushobora kuba ari mu kigero cy’imyaka 40 isatira 50.

Mu itangazo, gahunda yo gutanga ibihembo kugira ngo hagerwe ku butabera (Rewards for Justice) yo muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yagize iti:

“Ku butegetsi bwa Seka Musa Baluku, uyu mutwe uribasira, urica, uramugaza, ufata abagore ku ngufu ndetse ukora urundi rugomo rushingiye ku gitsina kandi ugakora ibikorwa byo gushimuta abasivile, barimo n’abana”.
Iryo tangazo rivuga ko uyu “mutwe unakura abarwanyi [mu bana] ndetse ugakoresha abana mu bitero no kubakoresha imirimo y’agahato” muri teritwari (territoire) ya Beni muri Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa DR Congo.

ADF ishinjwa kwica abaturage b’abasivile b’Abanye-Congo babarirwa mu bihumbi no kugaba ibitero by’ibisasu muri Uganda.

Mu mwaka wa 2020 wonyine, uyu mutwe wishe abasivile barenga 849, nkuko bivugwa n’akanama k’umutekano k’umuryango w’abibumbye (ONU/UN).

Umutwe wa ADF watangiye ugaba ibitero bwa mbere muri Uganda mu myaka ya 1990.

Mu 2021, Amerika yawushyize ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Ni umwe mu mitwe yitwaje intwaro irenga 100 ikorera mu burasirazuba bwa DR Congo.
BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 26

  1. What stands proud about James Rothschild and Nicky Hilton is how low-key their philanthropy feels inspite of their prime-profile backgrounds—babies’s schooling, arts tasks, and females-led entrepreneurship prevent stoning up of their donations imp source

  2. I definitely agree that stale content hurts credibility. I recently audited my own site and found several broken links that were definitely turning visitors away. My main takeaway is that a quarterly content review is essential for maintaining trust Additional reading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button