Andi Makuru

Rusesabagina yageze muri Qatar – Amerika

Paul Rusesabagina uherutse kurekurwa na leta y’u Rwanda yageze i Doha muri Qatar, nk’uko byemezwa n’abategetsi muri Amerika.

Ikinyamakuru The Washington Examiner kivuga ko John Kirby, umuvugizi w’inama y’umutekano ya Amerika, yabwiye abanyamakuru ko Rusesabagina yavuye mu Rwanda kandi yageze i Doha.

Iki kinyamakuru gisubiramo Kirby agira ati: “Vuba arafata urugendo agaruka muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Kandi umuryango we, nzi neza ko nta wutunguwe, biteguye kumwakira hano, iwabo.”

Kugeza ubu nta makuru arambuye yatanzwe ku kuva kwe mu Rwanda n’igihe neza neza byabereye. BBC yagerageje kuvugisha umuryango we ariko ntibirashoboka.

Rusesabagina yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 mu Rwanda ahamijwe ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bitero umutwe wa FLN wagabye ku Rwanda mu 2018 na 2019.

Leta ya Amerika yakomeje kuvuga ko “yafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko” – nyuma y’uko ashutswe akajyanwa mu Rwanda mu ndege bwite azi ko agiye i Burundi nk’uko byavuzwe mu rukiko. Amerika kandi yakomeje gusaba ko arekurwa.

Qatar yagize uruhare mu biganiro byagejeje ku irekurwa rye, abahagarariye iki gihugu mu Rwanda ni bo bamukuye kuri gereza ya Kigali kuwa gatanu nijoro, aba ari nabo bamucumbikira kugeza avuye mu Rwanda.

Minisiteri y’ubutabera y’u Rwanda yatangaje amabaruwa y’uruhande rwa Rusesabagina irimo ivuga ko ari we wayanditse mu Ukwakira(10) gushize asaba imbabazi Perezida Paul Kagame ngo amurekure.

Muri iyo baruwa yanditsemo ko “nicuza” ihuriro rya MRCD yari abereye umwe mu bayobozi bakuru “n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bya FLN”.

Muri iyo baruwa hagaragara ko Rusesabagina yemeje ko nagera muri Amerika “ibibazo bijyanye na politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma yanjye.”

BBC yagerageje kuvugisha abunganizi ba Rusesabagina kuri aya mabaruwa ariko nta cyo barasubiza.

Nyuma y’uko avuye muri gereza, leta ya Amerika yo yatangaje ko yishimiye kurekurwa kwa Rusesabagina, ufite uburenganzira bwo gutura muri iki gihugu.

Mu itangazo, Perezida Biden yagize ati: “Nshimiye Leta y’u Rwanda yatumye uku kongera guhura [n’umuryango we] gushoboka, nshimiye kandi Leta ya Qatar yagize uruhare mu irekurwa rya Paul no kugaruka muri Leta Zunze Ubumwe.”
BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 7

  1. Nice write up. You are obviously very knowledgeable. Nice write up. Great read. Check out hump dog. It is great to read an article that gives such clear points , especially when so many articles are a complete waste of time. Nice write up. Thanks for writing this. You’ve made my day! Thx again. You are a very persuasive writer. Thanks for writing this. Nice write up. I enjoyed your post. Thank you. Nice write up. It’s almost like you wrote the book on it or something. You appear to know a lot about this. This information is magnificent.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button