Andi Makuru

Amasezerano 10 y’ubufatanye yasinwe hagati ya Kenya n’u Rwanda

U Rwanda na Kenya byasinyanye amasezerano 10 agamije ubufatanye mu ngeri zirimo uburezi, ikoranabuhanga, ubuhinzi n’izindi, aho ibihugu byombi biyitezemo ko azarushaho guteza imbere abaturage babyo.

Ni amasezerano yasinywe mu ruzinduko Perezida William Ruto wa Kenya yagiriye mu Rwanda, rwa mbere kuva yatorerwa kuyobora igihugu cye mu mwaka ushize.

Amasezerano yasinywe ari mu ngeri zirimo ubufatanye mu bijyanye n’amagororero, ajyanye n’amahugurwa mu bya dipolomasi, ajyanye n’ikoranabuhanga, ajyanye n’ubuzima, ajyanye n’urubyiruko n’ayo guteza imbere amakoperative.

Yasinywe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, uw’u Rwanda Dr Vincent Biruta n’uwa Kenya, Dr Alfred Nganga Mutua.

Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Dr Uwamariya Valentine na mugenzi we wa Kenya, Ezekiel Machogu Ombaki basinyanye amasezerano y’imikoranire mu burezi mu gihe Minisitiri w’Ubuhinzi, Dr Ildephonse Musafili hamwe na mugenzi we wa Kenya, Franklin Mithika Linturi, basinye amasezerano mu bijyanye n’ubuhinzi.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Jeannette Bayisenge na mugenzi we wa Kenya, Aisha Jumwa Karisa Katana, basinye ajyanye no guteza imbere uburinganire.

Perezida Kagame yavuze ko mu myaka myinshi ishize, u Rwanda na Kenya byubatse umubano ukomeye, ndetse uruzinduko rw’uyu munsi, rushimangira ubwo bushuti.

Ati “Tumaze gukurikira isinywa ry’amasezerano mu ngeri z’ingenzi nk’ikoranabuhanga, ubuzima, uburezi, urubyiruko n’ubuhinzi. Izi ngeri nshya z’ubufatanye zizatuma turushaho gukorana. Twishimiye ko u Rwanda ari mu rugo ku muryango mugari w’abanyakenya. Dushima umusanzu wabo ku iterambere ryacu.”

Perezida Kagame yavuze ko yizeye ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi, bushobora gutuma urubyiruko rubasha kunguka ubumenyi, rugahanga ibishya kandi rukabasha guhatana ku isoko.

Perezida Ruto yashimye mugenzi we w’u Rwanda wamutumiye ngo asure u Rwanda, avuga ko bagiranye ibiganiro birenga ibihugu byombi, akarere ahubwo biri mu nyungu z’umugabane muri rusange.

Ruto yavuze ko amasezerano yasinywe azatuma ibihugu byombi bisangira ubunararibonye, ku buryo nko mu bijyanye n’ikoranabuhanga hashobora kubakwa irishobora gutuma hatangwa inguzanyo n’ibindi.

Yatanze urugero ku masezerano mu bijyanye n’ubuzima, avuga ko akubiyemo ubufatanye hagati y’ibitaro bikuru byo mu Rwanda n’ibyo muri Kenya.

Ati “Hazabaho ubufatanye hagati y’ibitaro byacu bibiri by’icyitegererezo. Ibitaro binini by’icyitegererezo mu Rwanda hamwe n’ibyo muri Kenya, ku buryo habaho guhanahana ubunararibonye, ubushobozi aho biri ngombwa.”

Perezida Kagame yavuze ko hari izindi ngeri nyinshi ibihugu byombi bizakomeza gufatanyamo, bihanahana ubunararibonye.

Yaboneyeho gushimira Abanya-Kenya baba mu Rwanda ku bw’umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu. Ati “Twishimiye ko bari hano, hari ibintu byinshi bari gukora, kandi ibyo bakora ku giti cyabo ni ingirakamaro ku Rwanda n’Abanyarwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo ari Abarimu, urwego igihugu gifitemo ubushobozi buke yaba mu mubare no mu byo abarukoraho batanga nk’umusaruro. Yashimye abakora mu nzego z’ubuzima n’iz’ubukerarugendo.

Ati “Bazibye icyuho mu nzego zacu, kubera aho twavuye…bamaze igihe hano, batangiye kuza hano mu myaka ya 2000 cyangwa se mbere yaho gato, icyo gihe nta bushobozi twari dufite mu nzego izo arizo zose, rero Abanya-Kenya cyane cyane n’abandi baturage bo muri EAC, baje hano gukora ibyo bazi, babyungukiramo natwe tubyungukiramo. Ni byo rero bikubiye muri aya masezerano n’umubano uri hagati y’ibihugu byombi.”

Kenya ifite ishoramari ryinshi mu Rwanda mu ngeri zitandukanye. Nko mu burezi, ifite Kaminuza ya Mount Kenya, mu itangazamakuru hari ibigo bikomeye nk’ibinyamakuru nka Rwanda Today, The East African, Royal FM na Kiss FM.

Mu rwego rw’amabanki, Banki y’Abaturage isigaye iri mu maboko y’Abanyakenya nyuma yo kugurwa na KCB, hari kandi na Equity Bank, GT Bank, I&M Bank n’izindi.

Hari ibindi bigo nka Britam bitanga serivisi z’ubwishingizi ndetse mbere y’uko UAP igurwa na Old Mutual nayo yari ishoramari ry’Abanyakenya mu Rwanda.

Mu bigo by’ubukerarugendo hari Serena Hotel n’ibindi.

Igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 19

  1. Paiement en plusieurs fois par carte bancaire en 3x ou 4x Pinterest Tous les jeux sont installés sur nos puissants serveurs Nvidia GeForce GTX, donc il n’y a pas de téléchargement ou de mise à jour. Le MBS peut également se métamorphoser en Sonic Jet, un avion ultra rapide qui en mode Turbo distance la plupart des ses poursuivants. Néanmoins, il est bon de l’utiliser avec parcimonie, sinon la jauge de carburant descend en flèche, ce qui peut produire une panne sèche. Dans ce cas, vous ne pouvez plus bouger et vous êtes à la merci de vos opposants. Initialement, il se déplace sous une apparence bipède appelée Marcheur. Cette dernière possède 4 vitesses de marche, dont une marche arrière. Comme pour tout véhicule, avant de s’arrêter, on rétrograde jusqu’à atteindre le point mort. Ainsi, le Marcheur dispose d’un temps de latence avant de s’arrêter ou de reculer.
    https://tafsasia.com/2025/11/03/decouverte-approfondie-de-betonred-un-casino-en-ligne-apprecie-par-les-joueurs-francais/
    Soyez le premier à donner votre avis ! Vortex Casino a été averti et ajouté à notre liste noire. Cela est dû au fait qu’il a perdu contact et a cessé de payer ses joueurs et affiliés. Toutes nos tentatives pour contacter ce casino n’ont pas été satisfaites. Il est fortement conseillé aux joueurs de jouer dans un autre casino. Pour faire tourner la roue du Vortex, il suffit d’appuyer sur le bouton violet “Vortex”, situé à droite (ou en bas au centre sur mobile).  4 joueurs l’ont sur leur wishlist Les Vortex Speed sont conçues pour les joueurs qui souhaitent allier style, confort et performance. Leur technologie avancée et leur design ergonomique en font un choix incontournable pour atteindre de nouveaux sommets sur les pistes. Nous avons interrogé nos lecteurs afin de vous offrir un aperçu réaliste de l’expérience sur Vortex. Voici quelques retours qui illustrent bien l’opinion des joueurs :

  2. PicMonkey is an easy-to-use video design and photo animation app with iOS, Android, and Desktop versions. Users can choose customizable templates, social-ready GIFs, and unique stickers to animate photos. It’s a great app to make moving pictures if you want to let your imagination run wild. Open Adobe Express and upload photos that you want to enhance by adding animated effects. You may also utilize a free Adobe Stock library with thousands of pics to select the perfect image for your needs.After selecting a suitable photo, add icons, text, and other elements. Then, use the animation tools to create an effect of a movement.Edit your photo until you are satisfied with the result. Then, you can either download the output file to your device or share it across social media.
    https://loveathome.usabesthealthservices.com/jetx-casino-game-review-for-kenyan-players/
    Wink Mod APK is the modified version of the Wink video editing app. Unlike the regular version, this one unlocks all premium tools. For free! You also get unlimited exports, no watermarks, and extra features to make your content look amazing. Finding a genuine Wink editor Apk for Android might be difficult because several websites provide the wrong versions. But don’t worry, we tried this Wink Pro mod APK app for Android and it works well with all Vip unlocked features without using VPN! Simply click the icon DOWNLOAD to start downloading. Not only do female users need the beauty features of this video editing application, but improving their physique is also a concern for men. Coming to this application, users will be provided with an integrated upgraded body editor to make their physique in the video balanced. Also, your face will be appropriately slimmed down through the professional manual editing process.

Leave a Reply to nqjdualpx Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button