Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.
Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.
Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.
Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”
Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.
Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.
Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.
Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.
Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT




Energy-helpful designs are a big plus with UMH manufactured homes. See greater at manufactured home dealer near me .
For plumbing enhancements, PEX can simplify renovation. Parts and the way-tos at move in ready manufactured homes .
Bet88 nằm trong Top nhà cái uy tín số 1 tại Việt Nam luôn được đánh giá dựa trên độ an toàn, minh bạch và chất lượng dịch vụ dành cho người chơi bet88
Locked myself out of my house, and Locksmith Unit Orlando Florida came to the rescue within minutes! Great service! Visit them at locksmith .
Fantastic advice on choosing a plumber! It’s crucial to find someone reliable. For more tips and tricks, visit plumber Toorak .
ABC8 hiện đang là điểm đến được đông đảo bet thủ quan tâm và tìm kiếm trên Internet. Ngay từ khi chính thức có mặt tại thị trường Việt Nam, nhà cái đã tạo nên làn sóng bùng nổ với phong cách giải trí mới mẻ, thu hút hàng triệu người chơi tham gia mỗi ngày abc8
I liked the evidence-informed approach at burnout therapy —nothing gimmicky.
The marketing consultant to FHA and VA loans for synthetic residences is simple. More eligibility data: manufactured homes for sale
My auto frame needed heavy rust removal; sandblasting came on-site and did it fast.
Thanks for the useful post. More like this at heating companies .
Appreciate the detailed information. For more, visit HVAC Repair Service .
123B là một trong những thương hiệu cá cược trực tuyến nổi bật hiện nay, được đông đảo người chơi tại Việt Nam biết đến nhờ sự uy tín, chuyên nghiệp và dịch vụ chất lượng cao 123B