Andi Makuru

Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.

Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.

Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.

Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”

Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.

Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.

Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 245

  1. What role does customer service play whenever dealing directly through companies themselves whenever issues arise unexpectedly surrounding warranties claimed filed subsequently afterwards following purchases made earlier prior potentially leading towards dishwasher

  2. Learning more about ways negotiating settlements works really sheds light upon various outcomes possible depending upon unique circumstances involved offering hope amidst uncertainty faced regularly by injured parties seeking justice rightfully owed them Work Injury Lawyer

  3. ?Alcemos nuestros brindis por cada forjador del destino!
    Muchos usuarios coinciden en que el casinomovilespana se ha convertido en una alternativa muy valorada por su facilidad de uso. casino movil espaГ±a el acceso rГЎpido marca la diferencia si todo funciona sin errores. Por eso muchos prefieren este formato para disfrutar del juego de forma natural y sin estrГ©s.
    El mejor casino movil espaГ±a es una opciГіn cГіmoda para quienes disfrutan jugar en cualquier momento del dГ­a desde su telГ©fono. Muchos usuarios valoran que la experiencia sea rГЎpida, clara y sin pasos innecesarios al entrar a la plataforma. Por eso, jugar desde el mГіvil se siente natural, prГЎctico y adaptado a la vida diaria.
    Por quГ© movil casino espaГ±a es ideal para jugar en cualquier lugar – п»їhttps://casinomovilespana.com/
    ?Que la suerte avance contigo con el goce de triunfos memorables !

  4. With some manufacturers incorporating smart technology features lately which innovations specifically inspire excitement among community members formed around discussing future potentials concerning advancements projected over coming years ahead —where dishwashers

Leave a Reply to Cole Porter Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button