Andi Makuru

U Rwanda mu nzira yo gutangiza uruganda rutunganya Lithium

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Peteroli, Mine na Gaz (RMB), Amb. Yamina Karitanyi yatangaje ko u Rwanda mu minsi ya vuba ruri kwitegura gutangiza uruganda rutunganya Lithium, amabuye y’agaciro ari gushakishwa cyane ku isi kubera ubukenerwe bwa batiri zirimo kwifashishwa mu binyabiziga bikoresha amashanyarazi.

Aya mabuye yatangiye kuboneka mu Rwanda mu myaka ya 2020, ari nabwo agaciro kayo ku isoko mpuzamahanga katangiye gutumbagira dore ko byitezwe ko igiciro cya toni imwe y’ayo mabuye kiva ku $44,090 cyariho mu 2022 kikagera ku $61,520 muri uyu mwaka wa 2023.

Ubu bwoko bw’amabuye y’agaciro yifashishwa ku kigero cya 80% muri batiri zifashishwa mu modoka z’amashanyarazi, bwabonetse mu Rwanda mu turere twa Ngororero n’ahandi, nkuko RMB yabitangaje.

Mu kiganiro Karitanyi aherutse kugirana na televiziyo ya CNBC, yatangaje ko icyifuzo ari ugutangiza uruganda rutunganya Lithium vuba aha.

Ati “Dufite uruganda rutunganya zahabu, urutunganya tin, tantalum, ndetse mu bihe bya vuba tugiye kugira uruganda rutunganya lithium. Icyo dushaka ni uburyo dushobora gukorana n’abandi mu karere ku buryo tubona amwe muri aya mabuye y’agaciro ku buryo inganda zacu zikoresha ubushobozi bwose zifite.”

Mu gihe u Rwanda rwaba rubashije kwitunganyiriza Lithium, igiciro cyayo cyakwiyongera kuko ariyo iba ikenewe ku isoko mpuzamahanga.

Ambasaderi Karitanyi yavuze ko Afurika ikwiriye guhindura uburyo ikoramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku buryo ayibyarira umusaruro, aho gukiza abandi.

Ati “Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Afurika ntabwo bwigeze butanga umusaruro wifuzwa ku mugabane, ariko ibyo dushobora kubihindura twongerera agaciro ibyo dukora, dushyiraho uburyo bunoze bwo gucukura. Dukwiriye kwitonda mu buryo tujya kuganira ibiciro, tugaharanira ko akamaro k’umugabane wa Afurika kuri iyi nshuro kagaragara.”

Yakomeje agira ati “Turi kwifuza kongera ibyo dukora ku buryo inganda zacu zibona ibyo zitunganya ku buryo ibyo tujyana hanze bidatunganyije biba bike cyane.”

Biteganyijwe ko agaciro ka Lithium ku isoko mpuzamahanga kazakomeza kwiyongera uhereye ku buryo imodoka zikoresha amashanyarazi zikomeje gushakishwa hirya no hino ku isi.

Nk’umwaka ushize hagurishijwe ubwo bwoko bw’imodoka zisaga miliyoni 10.6 ku Isi, bivuze ko nibura toni 663,500 arizo zifashishijwe hakorwa batiri zazo nkuko ikinyamakuru Financial Review giherutse kubitangaza.

Mu gihe mu 2030 hifuzwa ko ku isi haba hagurishwa miliyoni 200 z’imodoka zikoresha amashanyarazi, abashaka Lithium bazakomeza kwiyongera ari nako ibihugu biyifite mu butaka bizasururamo agatubutse.

Mu Rwanda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nibwo bwa kabiri bwinjiriza igihugu amadovize nyuma y’ubukerarugendo.

Igihe

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 94

  1. Thanks for another wonderful article. Where else could anybody get that kind of information in such a perfect way of writing? I have a presentation next week, and I am on the look for such info.

  2. Youre so cool! I dont suppose Ive learn anything like this before. So nice to seek out any individual with some authentic thoughts on this subject. realy thanks for beginning this up. this website is one thing that’s needed on the net, somebody with a bit of originality. useful job for bringing one thing new to the internet!

  3. hi!,I love your writing so so much! share we communicate more about your article on AOL? I require an expert in this space to solve my problem. May be that is you! Looking ahead to see you.

  4. Thanks for your post. Another element is that being a photographer will involve not only problem in recording award-winning photographs but hardships in acquiring the best video camera suited to your needs and most especially challenges in maintaining the quality of your camera. It is very true and clear for those photography lovers that are straight into capturing this nature’s fascinating scenes – the mountains, the forests, the wild or even the seas. Going to these amazing places definitely requires a dslr camera that can meet the wild’s unpleasant conditions.

  5. I can’t express how much I admire the effort the author has put into producing this exceptional piece of content. The clarity of the writing, the depth of analysis, and the plethora of information provided are simply astonishing. Her zeal for the subject is apparent, and it has certainly struck a chord with me. Thank you, author, for sharing your knowledge and enlightening our lives with this exceptional article!

  6. I?ll right away snatch your rss as I can’t in finding your e-mail subscription link or newsletter service. Do you have any? Please allow me know so that I may just subscribe. Thanks.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button