Andi Makuru

Umunyamakuru Manirakiza Theogene yatawe muri yombi ashinjwa ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangarije Kigali Today ko Manirakiza Théogène yafatiwe mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Kicukiro tariki 10 Ukwakira 2023, ubwo yakiraga ayo mafaranga.

Ati “Iperereza rirakomeje, Théogène afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha.

RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatirwa mu cyaha cyo gusaba cyangwa kwakira indonke yizeza umuntu ko haribyo amucyemurira inibutsa abantu ko gutanga indonke ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ati “Ntabwo bikwiye ko hari umuntu ukwiriye kwihisha mu mutaka w’umwuga akora kugirango akore ibinyuranyije n’amategeko. Turashishikariza umuntu uwo ariwe wese kwirinda ibikorwa ibyo ari byose bimukururira mu byaha. RIB ikaba ishishikariza abantu bose kwirinda gutanga cyangwa kwakira ruswa, ikaba isaba gutanga amakuru ahantu hose ruswa igaragara”.

Itegeko rihana ibyerekeranye no gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga ko Umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 11

  1. Can I simply say what a comfort to find someone that really understands what they’re talking about on the web. You definitely realize how to bring a problem to light and make it important. More and more people need to look at this and understand this side of your story. I was surprised that you’re not more popular because you most certainly possess the gift.

  2. Excellent web site you’ve got here.. It’s hard to find good quality writing like yours these days. I seriously appreciate people like you! Take care!!

  3. Having read this I believed it was very enlightening. I appreciate you taking the time and energy to put this short article together. I once again find myself personally spending way too much time both reading and leaving comments. But so what, it was still worth it.

  4. I truly love your site.. Great colors & theme. Did you build this website yourself? Please reply back as I’m attempting to create my very own website and would like to know where you got this from or exactly what the theme is called. Cheers.

Leave a Reply to tronscan address Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button