Andi Makuru

Polisi yemeje ko yishe umugabo wageragezaga kwiba Kawunga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yarashe umugabo bikekwa ko ari igisambo amaze gupakurura imifuka ya Kawunga mu modoka.

Iraswa ry’uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 30 na 35 akaba ataramenyekana imyirondoro ye kugeza ubu, ryabereye mu Mudugudu wa Kanyungura akagari ka Kanyinya mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko itsinda ry’abagizi ba nabi, abari baririmo bikinze ku giti bacunga imodoka ipakiye imifuka ya kawunga iyivanye mu Mujyi wa Kigali, yerekeza mu Karere ka Karongi bashaka kuyisahura.

Kubera iyangirika ry’umuhanda, iyo modoka yo mu bwoko bwa Dina yagendaga gahoro kubera ibinogo biwurimo, abo bantu bikekwa ko ari ibisambo bahise bayurira bakuramo imifuka ibiri ya kawunga.

Izo saha Polisi yari yatangiye kugenzura uko umutekano umeze, babatesheje umwe muri abo bagizi ba nabi ashaka gutera icyuma umupolisi, ahita yitabara aramurasa.

Umushoferi w’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster Nkundimfura Théoneste avuga ko ibisambo bimaze kuhamburira ibikapu byinshi by’abagenzi bifunguye imodoka.

Ati “Njye maze kwishyura ibikapu by’abagenzi inshuro 3 zose Leta yihutishe ikorwa ry’uyu muhanda kugira ngo tureke gukomeza kwibwa.”

Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Muhanga Bizimana Eric, yabwiye UMUSEKE muri ako gace hakunze kuberamo ibikorwa by’urugomo, kuko no mu minsi mikeya ishize bahamburiye abantu 4 barimo n’Umunyamahanga batwariye imashini (Laptop) ariko ku bw’amahirwe baza kuyifata bayisubiza nyirayo.

Ati “Bitwaza umuhanda utameze neza, ishyamba rihari ndetse n’Umwijima uhari bakurira imodoka bakamanura ibicuruzwa.”

Bizimana avuga ko bagiye gukaza amarondo ku bufatanye n’Inzego z’Umutekano.

Ubwo twateguraga iyi nkuru twasanze umurambo hafi yawo hari harambitseho icyuma ndetse n’urwembe bakatisha imifuka n’ibindi bicuruzwa baba bibye.

Inzego z’Ubuyobozi bw’Akarere n’iz’umutekano zasabye abaturage bahatuye gutanga amakuru no kwitabira irondo.

ubwanditsi.

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 35

  1. Un afectuoso saludo para todos los generadores de ganancias !
    Disfruta de la promoción 10€ gratis por registro para empezar a jugar sin riesgos y con más emoción desde el inicio. 10 euros gratis sin depósito casino. Disfruta de la promoción 10 euros gratis sin depósito casino españa para empezar a jugar sin riesgos y con más emoción desde el inicio. Disfruta de la promoción 10€ gratis para empezar a jugar sin riesgos y con más emoción desde el inicio.
    Disfruta de la promociГіn 10 euros gratis por registrarte para empezar a jugar sin riesgos y con mГЎs emociГіn desde el inicio. Disfruta de la promociГіn casino 10 euros gratis sin deposito para empezar a jugar sin riesgos y con mГЎs emociГіn desde el inicio. Disfruta de la promociГіn merkurmagic 10 euros gratis para empezar a jugar sin riesgos y con mГЎs emociГіn desde el inicio.
    Nueva promo activa: 10 euros gratis por registrarte sin depГіsito inici – п»їhttps://10eurosgratissindepositocasinoes.xyz/
    Que tengas la fortuna de disfrutar de increibles premios !
    10 euros gratis casino

Leave a Reply to Anthonyhus Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button