Ubutabera

Uwari Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga Me SEBERA NYUNGA Antoine yeguye kuri iyi mirimo.

Me SEBERA NYUNGA Antoine wari Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga kuva kuwa 30 Kanama 2019, yeguye ku mirimo ye ku bushake bwe.

Mu ibaruwa, Ahabona dufitiye kopi, igenewe abagize inteko rusange y’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga, Me SEBERA NYUNGA Antoine yagejeje mu Bunyamabanga bw’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko, yatangaje ko ku bushake n’umutimanama bye ahisemo kwegura ku mirimo yo kuyobora Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga.

Me SEBERA yari amaze imyaka 2 ku buyobozi bw’Urugaga akaba yari asigaje umwaka umwe ngo arangize “mandat” y’imyaka 3 yagombaga kuzarangira muri Kanama 2022.

Nk’uko amategeko agenga Umwuga w’Ubuhesha bw’Inkiko abiteganya, inshingano za Perezida ubu zirakorwa na Visi Prezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga Me MUNYANEZA Valérien.
ef9jocdxkaei9t1.jpg
edocx73w4aev-te.jpg

Inkuru bijyanye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button