Andi Makuru

U Rwanda rwatangaje ko rugiye gufungura umupaka wa Gatuna uruhuza n’Ubugande

Binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ku ruhande rw’u Rwanda, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uzafungurwa.

Ibi bije nyuma yaho Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu bijyane n’umutekano n’ibikorwa bidasanzwe asuye u Rwanda tariki 22 Mutarama 2922, u Rwanda rukaba rusanga hari ubushake mu gukemura ibibazo rwagaragaje.

Guverinoma ivuga ko indi mipaka izafungurwa igihe inzego z’ubuzima z’u Rwanda n’iza Uganda zizaba zumvikanye ku ngamba zo kurwanya #COVID19.
fkkblsixmaed-pa.jpg

Inkuru bijyanye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button