Andi Makuru

Muri Angola Kagame na Tshisekedi bemeranyije kurangiza ibibazo biri hagati y’ibihugu byabo byombi

Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na RDC yabereye muri Angola, yasoje bemeranyije kuzahura umubano w’ibihugu byombi, bikazakorwa binyuze muri komisiyo ihuriweho igomba guhura mu cyumweru gitaha.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 6 Nyakanga 2022. Ni mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na RDC kugeza n’aho Perezida Tshisekedi yeruye akavuga ko nirukomeza gufasha M23, azarushozaho intambara.

Perezida wa Angola, João Lourenço, ni we wahawe inshingano nk’umuhuza muri iki kibazo ndetse yakiriye Perezida Kagame na Tshisekedi kuri uyu munsi.

Ibiganiro byabo byasoje bemeranyije ko bagomba guhuriza hamwe ingamba zose zatuma umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi ucururuka, bikongera kubana mu mahoro.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri RDC byatangaje ko umwuka mwiza uzagerwaho binyuze muri gahunda y’ibikorwa yiswe Luanda, izajyana no kuzahura ibikorwa bya Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na RDC, yari imaze imyaka myinshi idaterana.

Inama ya mbere y’iyi komisiyo igomba guterana mu cyumweru gitaha tariki ya 12 Nyakanga ikazabera i Luanda muri Angola. Intego yayo ya mbere ni ukugarura amahoro hagati y’impande zombi hifashishijwe inzira za dipolomasi.

Ku bijyanye n’Umutwe wa M23, abakuru b’ibihugu banzuye ko ugomba guhita ushyira intwaro hasi, ukava mu birindiro wigaruriye. Ni mu gihe kandi ibikorwa byose by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC bigomba gukorwa hubahwa ubusugire bw’igihugu.

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 13

  1. I simply couldn’t depart your website prior to suggesting that I really enjoyed the usual info an individual provide in your guests? Is going to be back regularly to investigate cross-check new posts|

  2. Những người trúng xổ số độc đắc thường có những câu chuyện đổi đời đầy thú vị và truyền nhiều cảm hứng. Mục tin tức giải trí của chuyên trang bongdawap đôi khi chia sẻ những bài viết hấp dẫn xung quanh chủ đề này. Độc giả của BONGDAWAP có thể vừa xem thể thao vừa đọc những câu chuyện nhẹ nhàng thư giãn.

Leave a Reply to 3 reyes Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button