Andi Makuru

DRC-Rwanda: Ingabo z’ibihugu byombi ‘zarasanye’ ku mupaka wa Rusizi

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu abasirikare bari hagati ya 12 na 14 ba DR Congo binjiye mu mwanya wo hagati y’umupaka w’ibihugu byombi wa Rusizi/Ruzizi bakarasa ku ruhande rw’u Rwanda.

Umuvugizi w’igisirikare cya DR Congo mu ntara ya Kivu y’epfo yabwiye BBC Gahuzamiryango ko uko kurasana ntakwabayeho.

Itangazo ry’igisirikare cy’u Rwanda rivuga ko ibyo byabaye saa 4h30 z’igitondo ubwo ingabo za DR Congo zinjiraga mu mwanya wo hagati y’ibihugu byombi uba uri ku mupaka uzwi nka ‘No man’s land’.

Igisirikare cy’u Rwanda kivuga ko cyasubije amasasu y’abo basirikare ba DR Congo “bagasubira inyuma” kandi ko nta muntu wo ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda wagize icyo aba.

Igisirikare cy’u Rwanda kandi ko ingabo za DRC zagarutse saa 5h54 maze “zigahanagura aho hantu”.

Lieutenant Marc Elongo uvugira ingabo za DR Congo muri Kivu y’Epfo yabwiye BBC ati: “Ayo makuru ntabwo ariyo, ibyo bintu ntabyabaye…nta kintu cyabaye.”

Igisirikare cy’u Rwanda gisaba amatsinda y’ubugenzuzi ku bikorwa by’umutekano mucye ku mipaka y’ibi bigugu kuza agakora iperereza kuri “iki gikorwa cy’ubushotoranyi”.

Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ukomeje gututumba mu gihe ubutegetsi bwa DR Congo bushinja ubw’u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

M23 imaze kwigarurira 80% bya teritwari ya Rutshuru, nk’uko MONUSCO ibivuga, hamwe n’ibice bimwe bya teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya ruguru.

Biteganyijwe ko ba perezida b’ibi bihugu kuwa gatanu bazahurira i Addis Ababa hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu by’akarere kuganira kuri aya makimbirane, nk’uko ministiri w’ububanyi n’amahanga wa DR Congo aheruka kubitangariza abanyamakuru.

BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 76

  1. Hi các bác, nếu anh em đang kiếm sân chơi đẳng cấp để giải trí Game bài đừng bỏ qua địa chỉ này. Đang có khuyến mãi: Sunwin web. Chiến thắng nhé.

  2. When I test a new shop I usually start with one or two items instead of a huge order. Sometimes one good quality item is better than five very cheap ones. I am still learning and testing different brands and styles over time. Many people do not mind waiting if they understand what is going on. Clear product descriptions save time and reduce the chance of disappointment.

    If anyone is interested in real user experiences, I sometimes write short notes about the shops I test.
    You can find one of the pages here:

    check this link

    Price is important to me, but quality and comfort are even more important in the long run. I also check if the lenses have any blue light filter or anti-reflection coating. Footwear is even harder because different brands cut shoes very differently. Online shopping will always have a bit of risk, but experience makes it easier. Trendy pieces are fun, but I only buy them when the price is reasonable. When it comes to eyewear, the small details really matter over time. If tracking never updates for weeks, I start to worry about the order. That is why I sometimes leave comments myself when I test a new shop or product.

    Maybe this is useful for someone.

  3. I’m amazed, I must say. Rarely do I encounter a blog that’s both educative and
    amusing, and without a doubt, you’ve hit the nail on the head.
    The problem is something too few men and women are speaking intelligently about.
    I am very happy that I came across this during my search for something concerning this.

Leave a Reply to Marvin Ortega Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button