Andi Makuru

Nta kibazo tutakemura mu gihe dushyize hamwe – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Guinea-Conakry, yagaragaje ko n’ubwo ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko ntacyananirana mugihe bishyize hamwe.

Perezida Kagame yageze muri Guinea-Conakry ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Umukuru w’Igihugu akigera muri icyo gihugu, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho Colonel Mamadi Doumbouya, ari na we wamutumiye muri uru ruzinduko rugamije kwimakaza umubano.

Perezida Kagame mu biganiro yagiranye na mugenzi we wa Guinea-Conakry, yakomoje ku kuba ibihugu bya Afurika bisangiye ibibazo ariko agaragaza ko hakenewe ubufatanye mu gukemura ibyo bibazo.

Yagize ati: “Buri gihugu ku mugabane wacu gifite ingorane. Mu Rwanda, dufite ibyacu twihariye. Muri Guinea na ho hari ibibazo, ariko nta kibazo na kimwe tutakemura mu gihe dukoreye hamwe.”

Perezida Doumbouya we yagaragaje ko ari ibintu by’agaciro kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Intego y’uru ruzinduko Perezida Kagame agirira muri Guinea-Conakry, ni ukurushaho kunoza umubano no gushyigikira ubutwererane mu nzego zirimo ubukungu, umutekano, ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’umuco.

Guhera mu mwaka wa 2016, u Rwanda na Guinea-Conakry bimaze gusinyana amasezerano arindwi agamije kwimakaza ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, u Rwanda na Guinea-Conakry bisinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Perezida Kagame agendereye Guinée Conakry nyuma y’uko mu Ukwakira 2022, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ikoranabuhanga w’iki gihugu, Ousmane Gaoual Diallo, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Col Mamadi Doumbouya.

Yaherukaga gusura iki gihugu muri Mata 2017 ubwo yari yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Muri Werurwe 2016, ni bwo yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu. Icyo gihe yakiriwe mu buryo budasanzwe ndetse anambikwa umudali w’icyubahiro uruta indi muri Guinea-Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
KT

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 227

  1. The adaptability of yard decks is amazing! You can personalize them to fit any design or function you require. I recently discovered some ingenious ideas for multi-level decks at deck builder that might actually elevate your outdoor space.

  2. Glad this topic was covered. Your point about how a weed dispensary focuses on product knowledge really stood out. In Antioch, CA, the local cannabis community seems to value that kind of approach. That kind of transparency helps shoppers feel confident weed deals ca

  3. Mocbai là nhà cái cá cược trực tuyến mang đến cho người chơi những trải nghiệm chuyên nghiệp, bảo mật và đẳng cấp hàng đầu. Hệ thống nhà cái được phát triển với sự kết hợp giữa công nghệ hiện đại và kho sản phẩm phong phú mà chất lượng mocbai

  4. 88CLB là nhà cái được bình chọn là sân chơi uy tín nhất trong năm 2026. Tất cả là nhờ hệ thống trò chơi được xây dựng đa dạng với gần 1000 tựa game hấp dẫn. Vậy nơi đây còn điểm gì thú vị, mời khách hàng cùng theo dõi trong bài viết dưới đây. 88CLB

  5. S666 tự hào là điểm đến lý tưởng cho những ai đang tìm kiếm một môi trường giải trí chuyên nghiệp với tỷ lệ lợi nhuận cực kỳ cạnh tranh trên thị trường hiện nay S666

Leave a Reply to Joseph Ferguson Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button