Andi Makuru

Abahesha b’Inkiko b’umwuga 44 basezereye rimwe, Ntagikuba cyacitse: Perezida w’Urugaga

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga 44 bahagaritse umurimo icya rimwe, icyakora ubuyobozi bw’urugaga babarizwamo rwahamije ko ari ku bushake bwabo kandi ko nta cyuho basize muri uyu mwuga.

Iteka rya Minisitiri ryemerera aba bahesha b’Inkiko b’Umwuga guhagarika inshingano ryasohotse mu igazeti ya leta ku wa 19 Mata 2023. Barimo abagore 16 n’abagabo 28.

Amakuru IGIHE yakuye mu buyobozi bw’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga, avuga ko Umuhesha w’Inkiko ashobora gusaba Minisitiri w’Ubutabera guhagarika umwuga cyangwa kuwusezera ku buushake bwe ari na byo byabaye kuri abo 44.

Mu mikorere y’Abahesha b’Inkiko b’umwuga mu Rwanda, hakunze kuvugwamo ibibazo birimo imikoranire y’Urugaga rwabo n’izindi nzego zifite aho zihuriye n’irangizwa ry’inyandikompesha.

Ibyo bibazo byaherukaga kuganirwaho muri Werurwe 2022, ubwo Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bwahuraga na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel.

Mu bibazo byagaragaraga icyo gihe harimo ko bamwe mu bahesha b’Inkiko b’Umwuga bimaga konti yo kwishyuriraho uwatsinze muri cyamunara, ibyafatwaga nk’icyuho gikomeye cya ruswa.

Ibindi bibazo byagaragazwaga n’abaturage ni imitungo yateshwaga agaciro mu gihe cya cyamunara kandi Abahesha b’Inkiko b’Umwuga ni bo bashyirwaga mu majwi.

Ayo makosa n’andi atandukanye yatumye mu myaka itanu yari ishize hari abagera mu 10 bari bamaze kwirukanwa burundu mu rugaga mu gihe hari abandi barenga 50 bagenda bahabwa ibihano birimo guhagarikwa kuva ku kwezi kugeza ku mezi atandatu.

Amakuru yavuye mu Rugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga avuga ko abasezeye babikoze ku mpamvu zabo nko guhindura akazi n’izindi.

Bwagize buti “Ntabwo ari abahanwe cyangwa ikindi kintu, ni ubushake bw’umuntu ku giti cye. Bagiye babisaba mu bihe bitandukanye ariko ubwo muri Minisiteri yagiye gusubiza isanga hari abantu benshi bamaze kubisaba ihitamo gukora iteka ribumbiye hamwe.”

Uru rugaga kandi rwashimangiye ko nta cyuho basize muri uyu mwuga “kuko Abahesha b’Inkiko b’Umwuga barahari bahagije. Ubu turi mu mubare w’abakabakaba 500 kandi hari n’abandi basabye benda gukora ibizamini.”

whatsapp_image_2023-04-25_at_11.11.06.jpg

Press room

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 9

  1. Portanto, você vai querer encontrar slots com limites adequados para o seu perfil. Por exemplo, se você fez um depósito grande e quer apostar alto, os slots com limites maiores são a melhor opção. Por outro lado, se você quer passar um bom tempo jogando slots com apostas pequenas, é bom procurar os slots com valores mínimos de apostas menores. Para maximizar os ganhos ao jogar Money Coming Expanded Bets, é essencial adotar uma estratégia bem pensada, começando pela escolha de um cassino online confiável e seguro. Este provedor é uma verdadeira febre no Brasil e no mundo. Muitos de seus jogos estão entre os favoritos dos apostadores do Brasil. Se você quer começar com o que há de melhor entre os slots disponíveis no Brasil, faça seu primeiro depósito pagamento na nossa plataforma, pegue o seu bônus e comece a jogar por dinheiro de verdade.
    https://www.musicianmatch.com/app/?p=3962
    No nosso site, disponibilizamos a versão Demo para que você pratique nesse Slots o quanto quiser. Confira na tabela abaixo as informações essenciais do jogo: O Jackpot máximo do Money Coming Slot é bastante alto: até 10.000x o valor da sua aposta. O RTP de 97% também é considerado alto para a média de jogos de Cassino. E tudo isso sem contar que, com a roda da sorte, você pode até somar R$ 50.000,00 ao seus ganhos finais.  Jogadores do Brasil: nosso site ajuda a resolver problemas no cassino, traz informações sobre a situação legal das apostas no país, recomenda cassinos que aceitam Real (BRL R$) e reúne promoções e notícias para o público local. Jogue money coming com responsabilidade. Confira guias, análises e FAQ atualizados. O money coming existe para entretenimento, não para buscar lucro.

Leave a Reply to Patricktow Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button