IBUKA yasabye KABUGA indishyi zingana na miliyari ibihumbi 50 Frw

IBUKA yatanze ikirego mu rukiko isabira indishyi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi zingana na miliyari ibihumbi 50 Frw, kubera ibikorwa bya Kabuga Félicien ukurikiranywe n’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, n’ingaruka byagize ku barokotse Jenoside.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ni rwo rwaregewe kuko Kabuga yari atuye ku
Kimironko mu Karere ka Gasabo. IBUKA yunganiwe na Me Bayingana Janvier, usanzwe ari na Komiseri muri iyi mpuzamiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside.
Kuri uyu wa Kane nibwo Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwagombaga kuburanisha uru rubanza mbonezamubano, ruhereye ku busabe bw’uko imitungo ya Kabuga yose yafatirwa, kugira ngo umunsi indishyi zemejwe n’urukiko, hazaboneke aho zikurwa.
Me Bayingana yabwiye Urukiko ko IBUKA yandikiye Umwanditsi Mukuru w’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga mpanabyaha, IRMCT, kuko ari we uhagarariye serivisi zifunze Kabuga, kugira ngo zemeze ko yamenyeshejwe uru rubanza.
Yavuze ko ubwo binjiraga mu rukiko bari batarabona igisubizo cy’umwanditsi wa IRMCT. Umucamanza yabajije niba baravugishije ruriya rwego, asubiza ko bababwiye ko umwanditsi yagize akazi kenshi.
Yanavuze ko bavuganye n’Ibiro bya IRMCT i Kigali, basanga biri mu bubasha bw’umwanditsi mukuru w’urwego, asaba ko urukiko rwabaha indi tariki kuko aho ari hazwi n’abagomba kumumenyesha ko yarezwe bahari.
Inyandiko ikubiyemo ikirego IGIHE yabonye ivuga ko ibikorwa bya Kabuga Félicien, byatumye hicwa abantu bari bafitiye akamaro abaregera indishyi ndetse binatuma hasahurwa imitungo yari kubatunga n’inzu zabo zirasenywa.
Ivuga ko bitoroshye “kubona indishyi nyakuri zihwanye n’agaciro abishwe bari bafitiye abarokotse bo mu miryango yabo” ndetse ko binagoye “kubona agaciro nyakuri kangana n’imitungo yangijwe ndetse n’iyasahuwe y’abishwe kubera uruhare rwa Kabuga” gusa ko IBUKA isaba Urukiko kuriha abo ihagarariye indishyi z’akababaro, iz’ibyangijwe n’iz’imbonezamusaruro zose hamwe zihwanye n’amafaranga y’u Rwanda 50.658.800.000.000 Frw.
Hasabwa kandi igihembo cy’Abavoka kingana na miliyoni 100 Frw ndetse n’amafaranga y’ikurikirana rubanza angana na miliyoni 50 Frw.
Abaregera indishyi bahagarariwe na IBUKA barimo abacitse ku icumu mu
Bisesero, ku Mugina, ku Kimironko, ku Muhima, muri Musave, muri Nyamirambo, mu
Mudende, muri Commune Rouge i Rubavu, muri Vunga n’abandi.
Mbere ya Jenoside, Kabuga yari Umucuruzi w’umukire ufite ijambo rikomeye n’umuyoboke w’ishyaka rya MRND ryari ku butegetsi icyo gihe; Perezida wa Komite y’agateganyo y’Ikigega cyo kurengera igihugu akaba na Perezida wa Komite yatangije Radio RTLM.
IBUKA ivuga ko Kabuga yari umwe mu bari bagize itsinda ry’abantu bakomeye bari bashyigikiye inyungu z’abantu bo mu majyaruguru y’igihugu, bari bashyigikiye Perezida kandi abasirikare, abayobozi ba gisivile, Interahamwe zitwaraga gisirikare zikanitwaza intwaro n’abasivile bitwazaga intwaro, bose bamubonaga nk’umuyobozi w’abantu b’intagondwa barwanyaga Abatutsi.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Kabuga yagize uruhare ruziguye mu bikorwa binyuranye by’iyicwa ry’abatutsi ndetse byangiza imitungo yabo inyuranye.
Ivuga ko ibikorwa ishingiraho iregera indishyi kuri Kabuga Félicien “ byakozwe mu rwego rw’ibitero rusange cyangwa bya simusiga.”
Ikindi ni uko Kabuga Félicien yari azi ko ibyo bitero byarimo kuba kubera ko mu gihe byagabwaga yari mu Rwanda, ibyo bitero byari ibintu by’ikimenyabose kandi yagize uruhare mu itegurwa ryabyo ndetse anashishikariza abaturage kubikora.
Uru rubanza rurimo kuburanishwa mu gihe kuri uyu wa Gatatu, abacamanza ba IRMCT bemeje ko hashingiwe ku buzima bwe, Kabuga afite indwara yo kwibagirwa ku buryo adashobora kuburanishwa mu buryo bwageza ku guhamywa ibyaha.
Ni ibintu ariko Me Bayingana avuga ko bitabateye impungenge, kuko muri uru rubanza mbonezamubano harebwa niba ibikorwa bishingirwaho mu gusaba indishyi byarabaye, kandi ngo ibimenyetso byabyo birahari.
Yavuze ko no ku ruhande rwa Ibuka, batemera ko adafite ubushobozi bwo kuburana.
Yakomeje ati “Ubwo bushobozi njyewe nk’umunyamategeko ntabwo nemera ko atabufite, ni icyemezo cy’abacamanza, ariko nabo harimo kutabivugaho rumwe. Havuzwe icyemezo cy’abacamanza benshi. Habayeho amatora hagati yo guha ubutabera abacitse ku icumu no kutabubaha, hanyuma abenshi badashaka ko abacitse ku icumu bahabwa ubutabera, icyemezo cyabo nicyo cyiganje, ariko ni ubwinshi, si ubwiza.”
Yavuze ko hakiri kare, kubera ko bishoboka ko icyo cyemezo gishobora kuzajuririrwa, wenda bikemezwa ukundi.
Icyakora ngo n’iyo byakwemezwa bityo, ikizarebwaho ni ukureba ibimenyetso bizasuzumwa mu rubanza mbonezamubano rugomba kwemeza niba hari amakosa yakozwe atangirwa indishyi, bitandukanye no muri nshinjabyaha, aho urukiko ruba rugomba kwemeza ko ibyaha byakozwe.
Igihe




In some jurisdictions, Cafecasino.lv is operated by Arachis Media registered under No. 11547 at Hamchako, Mutsamudu, Anjouan, Union of the Comoros. Arachis Media is licensed and regulated by the Anjouan Gaming Board and the company operating the website is registered with the Anjouan Offshore Finance Authority (anjouanoffshorefinanceauthority.org). The Autonomous Island of Anjouan is a constituent territory of the Union of the Comoros. The world of Kingmaker Casino Online is not just about games; it’s about offering players a unique blend of features designed to enhance their experience. With 24 7 customer support and casino games from many of the best casino software providers, Kingmaker Casino is well worth checking out if you’re looking for a new online casino. Player protection is central on mobile. Accounts are secured with encrypted sessions, optional two‑step verification, and device‑level biometrics. The operation is authorized under the Anjouan Gaming Licence, Licence No. ALSI-152406028-F12, with robust KYC and AML checks to protect players and payments. The responsible play toolkit lets you set deposit, loss and session limits, cooling‑off periods and self‑exclusion directly from the app. For extra safety, lock your phone, enable a unique password, and never share SMS codes. With these controls in place, the Kingmaker Casino app stays both convenient and secure for everyday play.
https://www.servisbuatweb.com/2026/04/28/30bet1-ultimate-casino-review-a-premier-destination-for-uk-players/
Beyond the pulse-pounding real-time casino excitement, Buran Casino offers another level of thrill through its alluring exclusive promotions and bonuses. These benefits are crafted to enhance your gaming experience, providing benefits you won’t want to miss. Let’s discover some notable deals for your online adventure: Buran Casino provides a solid and enjoyable gaming experience with its diverse game offerings and generous bonuses, but its country restrictions and withdrawal limits may not appeal to all players. The online casino features some of the best casino and live dealer games to produce thrills every minute. Whether you’re a seasoned gambler or new to online gambling, Buran Casino is a name worth every penny. Buran Casino has an intuitive and simple website that is easy to navigate and boasts hefty and rewarding promotions to enhance your bankroll substantially.