Andi Makuru

Impaka z’ubwikorezi bw’imizigo zavugutiwe umuti na RURA

Urwego ngenzuramikorere mu Rwanda rwashyizeho amabwiriza agenga kwishyuza imizigo ku bagenzi batega imodoka rusange bajya hiryo no hino.

Hirya no hino mu Rwanda hakunze kurangwa ukutumvikana hagati y’abashinzwe gutwara abagenzi n’abagenzi bapfa imizigo no kuyishyurira.

Hari bamwe basaba amafaranga ku tuzigo duto n’ibikapu bitandukanye ariko iki kibazo cyavugutiwe umuti.

RURA ibinyujije kuri Twitter yayo,yashyize hanze imizigo itagomba kwishyurwa n’igomba kwishyurwa ku bagenzi.

Yagize iti “Umuzigo wo mu ntoki ntugomba kurenza: ibiro 10,Umubyimba w’ubugari nturenga 20cm,Umubyimba nturenza 50cm z’uburebure.”

RURA yibukije kandi ko umuzigo wo mu ntoki [utishyurirwa] ucungwa na nyirawo mu modoka.

Yavuze ko amabwiriza N° 010/R/TLTPT/TRANS/RURA/2021 yo ku wa 14/12/2021 ariyo agenga serivisi zo gutwara abantu mu buryo rusange hakoreshejwe bisi.

RURA yasabye abagira ibibazo mu gutwara abantu n’ibintu kubahamagara ku mirongo yayo ya telephone itishyurwa ya 3988 cyangwa 2222.

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 8

  1. Every weekend i used to pay a quick visit this web site, for the reason that i
    want enjoyment, since this this web site conations really fastidious funny stuff too.

  2. Generally I don’t learn post on blogs, but I would like to say that this write-up very compelled me to check out and do it!
    Your writing style has been amazed me. Thank you, quite nice article.

  3. Hey! This is kind of off topic but I need some help from
    an established blog. Is it very hard to set up your own blog?
    I’m not very techincal but I can figure things out pretty fast.
    I’m thinking about creating my own but I’m not sure where to start.
    Do you have any tips or suggestions? Thanks

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button