Andi Makuru

Umugambi uhuje Ndayishimiye na Tshisekedi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko azakomeza gukora ibishoboka byose agafasha urubyiruko rw’u Rwanda kwibohora agakuraho ubuyobozi buriho.

Aya magambo ya Ndayishimiye y’ubushotoranyi ku Rwanda, yayavuze kuri iki Cyumweru, mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rusaga 500 i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Ndayishimiye yumvikanye abwira uru rubyiruko ko abaturage bo mu Karere babanye neza, ko ikibazo ari abo yise abayobozi babi.

Yakomeje avuga ko yiteguye gukomeza urugamba arimo kugeza n’Abanyarwanda batangiye kotsa igitutu ubuyobozi bwabo.

Ati “Mu Karere abaturage babanye neza, ndabizi neza ko nta bibazo biri hagati y’abaturage, ahubwo ikibazo ni abayobozi babi. Urugamba turimo rugomba gukomeza kugeza ubwo n’abaturage b’u Rwanda nabo batangiye kugaragaza igitutu kuko ntekereza ko urubyiruko rw’u Rwanda rudashobora kwemera gukomeza kuba imfungwa mu karere.”

Iyi mvugo ya Ndayishimiye ishimangira ko yiteguye gutanga umusanzu mu guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda mu cyo yise ‘kubohora urubyiruko rwagizwe imfungwa’, isa n’iyunga mu ya mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wagiye agaragaza kenshi ko arajwe ishinga no gukuraho ubuyobozi bw’u Rwanda.

Ku ikubitiro mu bahise bamaganira kure iyi mvugo ya Perezida Ndayishimiye harimo na Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, wagaragaje ko aya magambo y’uyu Mukuru w’Igihugu agayitse.

Ati “Ntabwo byumvikana uburyo Umuyobozi w’Igihugu cyo muri Afurika ushinzwe urubyiruko, amahoro n’umutekano yifata akajya imbere y’ibendera ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, akizeza Abanyafurika guhirika ubutegetsi bwa Guverinoma yashyizweho mu buryo bwemewe n’amategeko.”

“Ni ibintu birenze kure gutandukira inshingano yahawe muri Gashyantare 2023, ahubwo ni no gutandukira cyane amahame yatumye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ushingwa.”

Mu mpera za 2023 nibwo umwuka mubi wongeye gututumba hagati y’u Rwanda n’u Burundi, nyuma y’uko Perezida Ndayishimiye yumvikanye avuga ko iki gihugu cy’igituranyi gishyigikira Umutwe wa RED- Tabara urwanya ubutegetsi bwe.

Ni ibirego u Rwanda rwamaganiye kure, rushimangira ko nta nyungu rufite mu guhungabanya umutekano w’u Burundi, cyane ko ahubwo hari hashize igihe rushyikirije iki gihugu, bamwe mu barwanyi b’umutwe wa RED Tabara barwinjiyemo binyuranyije n’amategeko.

Kuva icyo gihe Perezida Ndayishimiye asa n’uwiyunze kuri mugenzi we, Félix Tshisekedi, umaze igihe kinini yarijunditse u Rwanda.

Ubufatanye bw’aba bombi bwongeye kugaragara ku wa Gatandatu, mu muhango w’irahira rya Tshisekedi winjiye muri manda ye ya kabiri.

Ubwo Ndayishimiye yinjiraga ahabereye uyu muhango, abanyamakuru ba Televiziyo y’Igihugu muri RDC, RTNC, bavuze ko ari inshuti ikomeye y’igihugu kuko yiyemeje kunga ubumwe na Tshisekedi mu kibazo cy’u Rwanda.

Amakuru ahari yizewe ashimangira ko umubano wa Perezida Ndayishimiye na Tshisekedi ashingiye kuri 5000$ Leta ya RDC yemeye kujya yishyura buri kwezi kuri buri musirikare umwe w’u Burundi, uri mu Burasirazuba bw’iki gihugu mu rugamba rwo kurwanya M23, Ingabo z’iki gihugu zihuriyemo n’iza FARDC.

Igihe.com

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 267

  1. An outstanding share! I have just forwarded this onto a colleague who was doing a little research on this. And he actually bought me lunch due to the fact that I discovered it for him… lol. So let me reword this…. Thanks for the meal!! But yeah, thanx for spending some time to discuss this issue here on your internet site.

  2. Your style is so unique compared to other folks I’ve read stuff from. Many thanks for posting when you have the opportunity, Guess I’ll just book mark this web site.

  3. Every weekend i used to go to see this site, for the reason that i want enjoyment, since this this web page conations genuinely fastidious funny data too.

  4. obviously like your web site but you have to check the spelling on several of your posts. A number of them are rife with spelling issues and I to find it very bothersome to inform the reality nevertheless I’ll definitely come back again.

  5. Hi I am so excited I found your web site, I really found you by error, while I was looking on Bing for something else, Nonetheless I am here now and would just like to say many thanks for a fantastic post and a all round thrilling blog (I also love the theme/design), I don’t have time to read through it all at the moment but I have saved it and also added in your RSS feeds, so when I have time I will be back to read a lot more, Please do keep up the superb b.

  6. Hey there! I just wanted to ask if you ever have any issues with hackers? My last blog (wordpress) was hacked and I ended up losing many months of hard work due to no back up. Do you have any solutions to prevent hackers?

  7. Hello there, just became alert to your blog through Google, and found that it is truly informative. I am gonna watch out for brussels. I’ll appreciate if you continue this in future. Many people will be benefited from your writing. Cheers!

  8. What’s up i am kavin, its my first time to commenting anywhere, when i read this paragraph i thought i could also make comment due to this good article.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button