Ubutabera

Uwunganira Mudathiru na bagenzi be mu mategeko yafatiwe ibihano ashinjwa gutinza urubanza

Urukiko rw’Ubujurire rwaciye Me Gasengayire Alice wunganira bamwe mu bareganwa na Rtd Maj Habib Mudathiru, ihazabu ya 200.000 Frw ashinjwa gutinza urubanza.

Ni urubanza ruregwamo abantu 26 mu bujurire, aho Urukiko rwari rwiyemeje kuburanisha uru rubanza kugeza ku wa 15 Kamena. Icyakora kugeza ubwo hafatwaga iki cyemezo, hari hamaze kuburana abantu icyenda.

Me Gasengayire yunganira Mfitumukiza Assiel, Haguma Claude na Lubwama Suleiman. Uyu Lubwama ni Umunya-Uganda wanabaye mu Ngabo za RPA zabohoye igihugu, uvuga ko yinjiye muri P5 afashijwe n’Umunyarwanda witwa Felix uba muri Uganda.

Uru rubanza rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri, rwatangiye rutinze kubera ko Inteko Iburanisha yabanje gutegereza ko ikoranabuhanga rihuza ababuranyi, Urukiko n’izindi nzego z’ubutabera (IECMS) risubira ku murongo.

Kuri uyu wa 13 Kamena 2023, hagombaga kubanza kuburana Rtd Maj Mudathiru wunganiwe na Me Umulisa Paula, ariko umucamanza avuga ko imyanzuro ye yayishyize mu ikoranabuhanga yanditswe n’intoki, ibintu yavuze ko bitemewe ku mwavoka.

Umucamanza yahise asaba Me Umulisa gushyiramo imyanzuro ye yanditse n’imashini, ahamagara itsinda ryunganirwa na Me Gasengayire, abavoka bagenzi be bavuga ko mu gitondo yanditse ku rubuga bahuriraho ko yaherekeje umwana wagiye kubyara, ariko umucamanza avuga ko yagombaga kubimenyesha ubwanditsi bw’urukiko, ku buryo iyi myitwarire igamije gutinza urubanza.

Abavoka ariko bagaragaje ko IECMS yari yapfuye ku buryo atari kubishyira muri iri koranabuhanga, ariko umucamanza avuga ko yashoboraga no gutuma mugenzi we mu bwanditsi, urukiko rukabimenya mbere y’uko iburanisha ritangira.

Yavuze ko ari imyitwarire ikwiye guhanirwa hakurikijwe ingingo ya 18 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi.

Iyo ngingo iteganya ko umuburanyi wese utinza ku bushake, iburanisha ry’urubanza kimwe n’uwiyambaza inzira zo kujurira mu buryo bwo gutinza urubanza, acibwa ihazabu mbonezamubano
y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 20.000 Frw ariko atarenze 200.000 Frw.

Umucamanza yakomeje ati “Bityo, turahana Me Gasengayire Alice. Ahanishijwe ihazabu ingana na 200.000 Frw, akazakomeza urubanza ari uko amaze kuyishyura.”

Iri tegeko riteganya ko iyo gutinza urubanza ku bushake bikozwe n’umwavoka cyangwa undi muntu uhagarariye umuburanyi, acibwa ihazabu mbonezamubano y’amafaranga y’u Rwanda
atari munsi ya 200.000 Frw ariko atarenze 500.000 Frw.

Iburanisha ryakomeje humvwa ubujurire bw’abaregwa, Rtd Maj Mudathiru ufatwa nk’uwari uyoboye iri tsinda akazaburana kuri uyu wa Gatatu.

Abaregwa uko ari 26 barimo Pte Muhire Dieudonné usanzwe muri RDF, barangajwe imbere na (Rtd) Major Habib Mudathiru wari Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa n’Imyitozo mu Gisirikare cya P5, cyubakiye ku mashyaka atanu ari yo Amahoro People’s Congress, Forces Démocratiques Unifieés – Inkingi (FDU-Inkingi); People’s Defence Pact-Imanzi (PDP-Imanzi), Rwanda National Congress (RNC) na PS Imberakuri. Bose ngo bakuriwe na Kayumba Nyamwasa.

Abafashwe bose bakuwe mu mashyamba ya Congo nyuma y’igico gikomeye batezwe n’ingabo z’icyo gihugu, FARDC, aho mu iburanisha benshi bahuriza ku kuvuga ko bashyikirijwe u Rwanda ku wa 18 Kamena 2019.

Icyo gihe ngo barashwe bari mu rugendo bava mu Bijabo muri Kivu y’Amajyepfo bimukira i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, bashaka kwegera aho bazaturuka bagaba ibitero mu Rwanda. Abarokotse icyo gico bamwe bafashwe na FARDC, abandi bishyikiriza MONUSCO.

Mu rubanza, benshi bahuriza ku kuba barajyanywe muri uyu mutwe bashutswe n’abantu babizezaga imirimo itandukanye irimo gucukura amabuye y’agaciro n’ubuhinzi, ku buryo basanga bataragize ubushake bwo gukora icyaha, bityo ko badakwiye guhanwa.

Ni ingingo ariko Ubushinjacyaha butemera, kuko buvuga ko mu gihe bamaze muri Congo bakoreshwaga imyitozo ya gisirikare, bazi neza ko intego ari ugukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Byongeye, ngo ubwo bishyikirizaga MONUSCO ntizari impuhwe bagize, ni uko barashweho bagakwirwa imishwaro, kandi ngo umurwanyi umanitse amaboko n’uwafatiwe mu mirwano bose ni kimwe.

Igihe

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 47

  1. Great job on this piece! It was very informative and engaging. I’m eager to hear different perspectives on this. Click on my nickname for more engaging content.

  2. Heya i’m for the first time here. I came across this board and I find It really useful & it helped me out
    much. I hope to give something back and help others like you helped me.

  3. Hello are using WordPress for your site platform? I’m new to the blog world but I’m trying to get started and set up my own. Do you need any html coding knowledge to make your own blog? Any help would be greatly appreciated!

  4. Hello, i think that i saw you visited my site thus i came to “return the favor”.I am attempting to find things to improve my website!I suppose its ok to use a few of your ideas!!

  5. I like what you guys are up also. Such clever work and reporting! Keep up the superb works guys I¦ve incorporated you guys to my blogroll. I think it’ll improve the value of my site 🙂

  6. We are a group of volunteers and opening a brand new scheme in our community. Your website provided us with useful information to paintings on. You’ve done a formidable process and our entire neighborhood can be thankful to you.

  7. These women on the phone have nothing else in mind but sex. You’ll notice that immediately when you call them and have them on the phone. And if you then also enter the code for the hot cam girls that you get from them, you can also watch the hot sluts live during camsex. Come and watch camsex without registration and any monthly costs.

  8. Superb blog! Do you have any tips for aspiring writers? I’m hoping to start my own website soon but I’m a little lost on everything. Would you suggest starting with a free platform like WordPress or go for a paid option? There are so many options out there that I’m totally overwhelmed .. Any ideas? Cheers!

  9. “I like the valuable information you provide in your articles. I will bookmark your weblog and check again here frequently. I am quite sure I will learn many new stuff right here! Good luck for the next!”

  10. I was curious if you ever thought of changing the structure of your site? Its very well written; I love what youve got to say. But maybe you could a little more in the way of content so people could connect with it better. Youve got an awful lot of text for only having 1 or two images. Maybe you could space it out better?

  11. I am typically to blogging and i really admire your content. The article has actually peaks my interest. I am going to bookmark your web site and hold checking for brand new information.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button