Andi Makuru

UK-Rwanda: Abaminisitiri ba UK batsinzweho igice ku gusaba ko inama bagiriwe ikomeza kugirwa ibanga

Abaminisitiri batsinzweho igice ku kugerageza kwabo ko gukomeza kugira ibanga urukurikirane rw’amagambo babwiwe n’umujyanama kuri gahunda yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro.

Ku wa gatatu, urukiko rukuru rwo mu Bwongereza rwavuze ko bimwe mu byo umujyanama yabwiye abaminisitiri bigomba guhishurwa, muri uru rubanza rwo ku rwego rwo hejuru rujyanye n’iyo gahunda.

Abanyamategeko bunganira leta y’Ubwongereza bari bavuze ko guhishura ayo magambo byakwangiza umubano w’Ubwongereza n’u Rwanda.

Umujyanama yari yaburiye abaminisitiri ko leta y’u Rwanda ikorera iyicarubozo (kuborezwa igufa mu Kirundi) abatavuga rumwe na yo muri politiki ndetse ikanabica, nkuko byavugiwe mu rukiko.
Nubwo uko kuburira ku rugomo muri politiki kwahishuwe mu rukiko ku wa kabiri, andi magambo y’iyo nzobere aracyari ibanga.

Uwo mujyanama wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubwongereza (izwi nka FCDO, mu mpine y’Icyongereza) yari yarebye ku masubiramo (ubugororangingo bw’inyandiko) yari yakozwe kuri raporo ya leta y’Ubwongereza ku myitwarire y’u Rwanda ku burenganzira bwa muntu.

Iyo nyandiko yari irimo kuvugururwa mu gihe abaminisitiri bateganyaga kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro.

Byari biteganyijwe ko bajyanwayo mu ndege, bijyanye n’iyi gahunda yo kubimura yateje impaka, yatangajwe mu kwezi kwa kane uyu mwaka.

Iyo gahunda yo kujyanwa mu Rwanda ntagusubira mu Bwongereza, ifite agaciro ka miliyoni zitari munsi ya 120 z’amapawundi (miliyari 150 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda).

Ayo mafaranga, leta y’Ubwongereza yamaze kuyaha leta y’u Rwanda.

Iyo gahunda igamije guca intege abo leta ivuga ko bambuka mu buryo bunyuranyije n’amategeko umuhora wa Channel (la Manche).

Ariko yabaye itindijwe kugeza urukiko rukuru rufashe umwanzuro niba ikurikije amategeko.

Mu rukiko, leta yavuze ko izindi ngingo 10 zavuzweho n’uwo mujyanama utatangajwe izina zikwiye gukomeza kugirwa ibanga aho kugira ngo zikoreshwe nka gihamya muri urwo rubanza rwimirije kuba.

Ibi bivuze ko zitahishurirwa itsinda ry’abimukira n’imiryango ikora ubugiraneza yari irimo gutambamira iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro.

Ariko mu cyemezo cye, umucamanza mukuru, Lord Justice Lewis, yavuze ko ingingo esheshatu muri izo zavuzweho n’uwo mujyanama, cyangwa ibice byazo, zikwiye kuba mu rubanza rwo mu kwezi gutaha kwa cyenda.

Yanzuye ko ingingo enye zikwiye gukomeza kuba ibanga zose kubera kwangiza zateza kwo mu rwego rw’ububanyi n’amahanga.

Yagize ati: “Ndemera ko uko guhishura kw’ingingo 10 kwatuma hiyongera ibyago bya nyabyo byo guteza kwangirika gukomeye ku mubano n’amahanga w’Ubwami bw’Ubwongereza, by’umwihariko [ku mubano wabwo] n’u Rwanda”.

“Ndabizi ko leta… ibona gahunda yuko abashaka ubuhungiro ubusabe bwabo bufatwaho icyemezo mu Rwanda nk’uburyo bukomeye bwo guca intege abantu kugira ngo ntibashake kwambuka [umuhora wa] English Channel mu mato cyangwa mu bundi buryo.

“Guhishura iyo nyandiko ivugwaho muri uru rubanza byabangamira ikorwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’iyo gahunda”.

Leta yahawe igihe cyo gutekereza ku bujurire.

Mu gihe iki cyemezo cy’umucamanza byarangira ari cyo gikurikijwe, ayo magambo y’umujyanama ashobora gushyirwa ku mugaragaro mu kwezi kwa cyenda.

Abimukira bari batoranyijwe ngo boherezwe mu Rwanda mu rugendo rw’indege rwa mbere rwaburijwemo, hamwe n’ibitangazamakuru bitatu – ari byo BBC News, harimo n’ikiganiro Newsnight cya BBC, ibinyamakuru The Times na The Guardian – basabye ko iyo nyandiko ishyirwa ku mugaragaro.

BBC

Inkuru bijyanye

Ibitekerezo 84

  1. Greetings, I do believe your site could possibly be
    having internet browser compatibility issues. When I look at your
    blog in Safari, it looks fine but when opening in IE,
    it has some overlapping issues. I simply wanted to give
    you a quick heads up! Other than that, great blog!

  2. I personally find that i’ve been active for almost a year, mostly for swapping tokens, and it’s always clear transparency. Definitely recommend to anyone in crypto.

  3. I personally find that the exploring governance process is simple and the scalable features makes it even better. The dashboard gives a complete view of my holdings.

  4. The cross-chain transfers tools are robust security and trustworthy service. The mobile app makes daily use simple.

  5. I’ve been active for several months, mostly for learning crypto basics, and it’s always easy onboarding. The updates are frequent and clear.

  6. I’ve been using it for several months for learning crypto basics, and the robust security stands out. I moved funds across chains without a problem.

  7. I personally find that i’ve been using it for almost a year for using the mobile app, and the fast transactions stands out. My withdrawals were always smooth.

  8. Reading through this material was a great use of my time today. You managed to capture all the most important aspects of the topic while keeping the narrative totally balanced and direct, which is something I always value in online content.

    no deposit bonus

  9. I’ve been using it for recently for learning crypto basics, and the low fees stands out. Perfect for both new and experienced traders.

  10. Thank you for taking the time to put this comprehensive overview together, as it really helps clarify a lot of the questions I had regarding this topic and provides a solid foundation for further exploration.

    купить inmode Lumecca

  11. Useful comparison of [url=https://staking-polygon.com/polygon-staking-vs-ethereum/]Polygon staking vs Ethereum[/url] — helpful for anyone comparing staking models, rewards, and network differences.

  12. I find this post surprisingly interesting because it explains the ideas in a simple and balanced way without making the topic feel too heavy, and that combination makes the content much more comfortable to read and accessible for a wide audience of readers.

    BetWay Casino

  13. Thank you for taking the time to put this detailed overview together, as it really helps clarify a lot of the questions I had regarding this topic and provides a solid foundation for further exploration.

    casino en ligne

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button